Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Ibiro bya Twitter byahindutse igisa na Hotel

Thursday 8 December 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Ibiro bya Twitter byahinduwe bishyirwamo ibitanda bifasha abakozi kuba baryama nijoro mu gihe bibaye ngombwa ko barara mu kazi.

Gusa ubuyobozi bwo muri Leta ya San Francisco bwavuze ko buri gukora iperereza kuko ibyo bintu bihabanye n’amategeko agenga inyubako zo gukoreramo.

Hari amashusho yashyizwe hanze na BBC agaragaza ahari ibiro harahinduwe hashyirwamo ibitanda, ku buryo muri buri cyumba harimo imyenda yo kurarana ndetse na kamambiri yewe n’utubati two kubikamo imyenda.

Amakuru dukesha Igihe avuga ko, harimo n’imashini zimesa imyenda, ku buryo bibaye ngombwa abakozi bamesa imyambaro yabo.

Uwahoze ari umukozi wa Twitter yatangaje ko Elon Musk nyiri uru rubuga amaze igihe kinini arara mu biro kuva yarugura.

Mu kwezi gushize, Elon Musk yandikiye abakozi b’uru rubuga bose ko “bagomba gukora cyane” kugira ngo bagere ku ntego biyemeje.

Ishami rishinzwe ibijyanye n’inyubako mu Mujyi Sawa n Francisco ryatangaje ko rigiye gutangira iperereza rireba niba nta mategeko yishwe ubwo ibiro byahindurwaga inyubako yo kuraramo.

Musk avuga ko uyu mujyi ushaka kubangamira ibigo biha ibitanda abakozi bananiwe kugira ngo baruhuke.

Uyu mugabo yigeze gutangaza ko yiteguye kuba yakora ndetse agasinzirira mu biro kugeza igihe iyi sosiyete igiriye ku murongo.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru