Nkusi Thomas wamenyekanye mu Rwanda nka ’Yanga’ kubera gusobanura filime zo hanze mu kinyarwanda yitabye Imana kuri uyu wa Gatatu azize uburwayi bivugwa ko yari amaranye iminsi.
Uyu mugabo ufatwa nk’imfura y’abasobanuzi ba Filime mu Rwanda, izo bita ’Agasobanuye’, yaguye muri Afurika y’Epfo aho yari yaragiye kwivuriza.
Ni inkuru y’inshamugongo yemejwe na murumuna we uzwi nka Junior, kuri ubu nawe wigaruriye imitima y’abakunda agasobanuye cyane cyane urubyiruko, aho yabwiye igihe ko mugenzi we “Yapfuye saa tanu n’igice aguye muri Afurika y’Epfo aho yari amaze iminsi arwariye.”
Yanga yari yaragiye muri Afurika y’Epfo muri Mata uyu mwaka, icyo gihe yari ajyanye abana be kugira ngo basure umubyeyi wabo cyane ko ariho akorera.
Agezeyo, yaje gufatwa n’uburwayi, araremba biza kurangira yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Kanama 2022.
urupfu rwa Yanga ruje rwongera ububabare bw’’abandi banyarwanda abkundaga imyidagaduro aho babyutse bumva inkuru mbi y’urupfu rwa Yvan Buravan nawe waguye mu Buhinde aho ayri yaragiye kwivuza kanseri y’urwagashya.





















