Nyuma yo gutangira kuvugwaho icyaha cyo gusambanya umwana, Uwihoreye Jean Bosco uzwi nka Ndimbati yatawe muri yombi nk’uko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwabitangaje.
Uyu mugabo umaze kubaka izina mu myidagaduro mu Rwanda, yatawe muri yombi nyuma y’amakuru amaze iminsi aca ku mbuga nkoranyambaga agaragaza umugore uhamya ko yabyaranye na we impanga n’uyu mugabo ariko akaba yaranze kwita ku nshingano zo kurera abo bana.
Uyu mukobwa avuga ko yasambanyijwe na Ndimbati yabanje kumusindisha ndetse icyo gihe yari atarageza imyaka y’ubukure.
Ndimbati yubatse izina muri Sinema Nyarwanda, by’umwihariko akaba azwi muri filime y’uruhererekane ya Papa Sava.




















