Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku mugoroba wa tariki ya 31/5/2021 iyobowe na Perezida Paul Kagame birimo ko Imihango yo gusaba ndetse no kwiyakira bijyanye n’ubukwe birasubukuwe.
Nubwo iyo mihango yasubukuwe ariko ntibigomba kwitabirwa n’abantu barenze 30.
Icyakora, iyo byabereye muri hoteli, ahandi hantu hagenewe imyidagaduro cyangwa mu busitani, ntibigomba kurenza 30% by’ubushobozi bwo kwakira abantu bw’aho bateraniye, kandi berekanye ko bipimishije COVID-19. Amabwiriza arambuye kuri iyi ngingo azatangwa na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’lgihugu.
Iki kemezo gishobora kwakirwa na yombi mu mitima y’abagiye kurushinga kuko bari baragowe n’uko bamaraga kuva gusezerana ku murenge no mu nsengero ntibagire uburenganzira bwo kugira ahandi baca ngo biyakire.
Ibindi byinshi bijyanye no kwirinda icyorezo cya COVID-19 byagumye uko byari biri n’utubari dukomeza gufunga mu gihe ibijyanye n’imikino y’amahirwe bizagenda bisubukurwa buhoro buhoro hagendewe ku mabwiriza ya Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda.

















