Ingabo za Leta ya Congo, FARDC zifatananyije n’inyeshyamba za FDLR bahanganye n’inyeshyamba za M23 bagamije kwisubiza Umujyi wa Kitchanga.
Ni imirwano iri kubera mu Bilometero 4 aho bahanganye n’inyeshyamba za M23 bagamije kwisubiza Umujyi wa Kitchanga.
Amakuru aravuga ko imirwano yatangiye kuri uyu wa Mbere tariki ya 30 Mutarama 2023 ndetse ko mu rukerera aribwo igitero gikaze cyagabwe n’ingabo za Leta FARDC ku birindiro by’umutwe wa M23 biri ahitwa Kistimba (mu bilometero 4 ujya mu mujyi wa Kitshanga).
Ngo muri ako gace hari hamaze iminsi hari mu myiteguro y’urugamba cyane ko ibirindiro bya gisirikare by’ingabo za Leta FARDC byari i Kitchanga byimuriwe i Mweso.
Iki gitero cyagabwe n’ingabo za FARDC cyatumye habaho guhunga kw’abasivili benshi bakaba bari kwerekeza mu gace ka Mweso.




















