Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guhera kuri uyu wa Gatanu itangira kohereza Abasirikare 1000 n’abapolisi mu Ntara ya Cabo Delgado yo muri Mozambique imaze igihe kinini yibasiwe ibibazo by’umutekano muke watejwe n’abarwanyi biyitirira Islam.
Ni nyuma y’ubusabe bwa Mozambique, yahisemo gusaba ubufasha bw’Ingabo u Rwanda zigiye gufatanya n’’iz’umuryango wa SADC hamwe n’iza Mozambique, nyuma yo kubona ko ikibazo kiyirenze ubushobozi kandi kiri gufata indi ntera.
Intara ya Cabo Delgado iri mu Majyaruguru ya Mozambique, ituwe n’abaturage barenga miliyoni ebyiri bari ku buso bwa kilometero kare 82.625. Iri ku mupaka wa Tanzania ndetse ituwe n’abaturage bo mu bwoko bw’aba- Makonde, Makua na Mwani.
Ibikorwa bya Guverinoma y’u Rwanda byo koherezayo ingabo muri iki gihugu bije nyuma y’ubusabe bwa Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi, wagiriye uruzinduko mu Rwanda muri Mata.
Kuva icyo gihe bivugwa ko u Rwanda rwahise rutangira kugenzura neza uko ikibazo cy’umutekano muke n’iterabwoba gihagaze muri ako gace. Hari amakuru avuga ko rwahise rwoherezayo itsinda rigamije kureba uko byifashe.



















