Inzego z’umutekano z’u Rwanda (Rwanda security forces) zishe ibyihebe bine mu mirwano yo kuri uyu wa Gatandatu mu rugamba zafatanyijemo n’iza Mozambique.
Imirwano ikomeye yabereye mu gace kitwa 1st May mu bilometero 12 ugana ku cyicaro gikuru cy’Akarere ka Mocimboa da Praia, mu Ntara ya Cabo Delgado.
Uretse abapfuye, inzego z’umutekano z’u Rwanda zafashe imbunda 3 za SMG (Small Mahine Guns) n’imbunda 2 za RPG ( rocket-propelled grenade), grenade 6 n’igikapu kirimo imyirondoro y’abarwanyi bishwe.
Akarere ka Mocimboa da Praia ni ko karimo ibirindiro bikuru ry’ibyihebe. Inzego z’umutekano z’u Rwanda na Mozambique zikomeje gusatira ibirindiro bikuru by’umutwe w’iterabwoba umaze imyaka 4 muri aka gace.
Hagati aho kandi RBA yiboneye inzego z’umutekano z’u Rwanda zigenzura umutekano ku cyambu cya Afungi hamwe no ku ruganda rwa Gas Natural LNG (Liquefied Natural Gas), uruganda rufite ishoramari rya miliyari 20 z’amadolari y’Amerika. Ibi bikorwa byose inzego z’umutekano z’u Rwanda zirabikora zifatanyije n’iza Mozambique.

















