Thursday . 19 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Ingabo z’u Rwanda zungutse abasirikare bashya barangije amahugurwa y’ibanze i Nasho

Thursday 19 June 2025
    Yasomwe na

Ingabo z’u Rwanda (RDF) zungutse icyiciro gishya cy’abasore n’inkumi basoje amahugurwa y’amezi atandatu y’amasomo y’ibanze ya gisirikare, yaberaga mu Kigo cy’Amahugurwa y’Ibanze cya Gisirikare giherereye i Nasho, mu Karere ka Kirehe.

Umuhango wo kubinjiza ku mugaragaro mu Ngabo z’u Rwanda wari uyobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’Igihugu, Jenerali Muganga Mubarakh. Wanitabiriwe n’abayobozi bakuru mu gisirikare barimo Abayobozi b’Amashami, Abajenerali, ndetse n’abandi basirikare bakuru n’abato.


Umugaba mukuru w’ingabo ageza ijambo ku basore n’inkumi binjijwe mu ngabo z’u Rwanda

Muri uwo muhango, abasirikare bashya berekanye ubumenyi bungutse mu gihe cy’imyitozo, barimo uburyo bwo gukoresha intwaro, n’imyitozo y’ingamba z’intambara (tactical drills), byose bigaragaza ubushobozi n’ubwitange bafite mu gushyira mu bikorwa inshingano zabo z’umutekano.

Mu ijambo rye, Jenerali MK Mubarakh yashimiye aba basirikare bashya ku bwitange, umurava n’imyitwarire bagaragaje mu gihe cy’amasomo akomeye. Yabakiriye mu muryango mugari w’Ingabo z’u Rwanda, abasaba kuzakomeza kuba intangarugero mu myifatire, bagahora bagendera ku mahame n’indangagaciro za RDF.

Yabibukije ko bagomba gufatiraho urugero rwiza rw’abababanjirije, bagakoresha neza ubumenyi n’ubuhanga bahawe, kugira ngo barusheho kurinda ubusugire bw’igihugu no kubungabunga umutekano w’abaturage. Yanabakanguriye no kwitegura kuzagira uruhare mu butumwa bw’amahoro mpuzamahanga.


Mu masomo bahawe harimo no gukoresha intwaro zirimo iziremereye.

Umuyobozi w’Ikigo cy’Amahugurwa y’Ibanze cya Gisirikare cya Nasho, Maj Gen JB Ngiruwonsanga, yavuze ko amasomo bahawe yari arimo imyitozo ikomeye n’ibikorwa bifatika birimo gukoresha intwaro, imyitozo y’intambara n’ubundi bumenyi bw’igisirikare. Yashimangiye ko ubwitange n’ubushake bagaragaje bigaragaza ko biteguye neza guhangana n’inshingano zitegereje Igisirikare cy’u Rwanda.

Andi Mafoto

Chadadi Habimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru