Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe Ubuvuzi bw’Ibanze, Lt Col Dr. Tharcisse yavuze ko gahunda yo gukingira urubyiruko igeze ku ntambwe ishimishije, aho Ingimbi n’abangavu barenga miliyoni 1.3 bamaze guhabwa inkingo za COVID-19 barimo n’abahawe ebyiri.
Yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku wa Gatandatu taliki ya 15 Mutarama 2022.
Lt. Col. Dr Mpunga, yavuze ko ingimbi n’abangavu barenga miliyoni 1.3 bamaze guhabwa inkingo za COVID-19, barimo ibihumbi 750 bahawe dose zombi n’abandi 570 bahawe imwe.
U Rwanda rwatangiye gukingira abana bari hagati y’imyaka 12 na 17 guhera mu mpera z’Ugushyingo 2021, igihe gahunda yo gukingira mu buryo bwa rusange yari itangijwe mu bigo by’amashuri.
Bitaganyijwe ko abatarahabwa doze ya kabiri bazayihererwa ku ishuri mu bukangurambagabugiye kongera gusubukurwa.
Ni mu gihe Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko igiye gutangiza ubukangurambaga bushya aho abantu bagera kuri miliyoni nibihumbi 600 bazakingirwa mu gihe cy’iminsi 15, muri bo hakaba harimo n’abanyeshuri bazakingirirwa ku mashuri yabo.





















