Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

GATSIBO: Batawe nabo bashakanye nyuma yo kubyara abana bafite ubumuga

Wednesday 21 January 2026
    Yasomwe na

Ni bamwe mu baturage barerera mu kigo cyita kubafite ubumuga gikorera mu murenge wa Ngarama akarere ka Gatsibo maze bagaruka kungorane nahuye nazo mu miryango yabo harimo gutabwa nabo bashakanye nabo guhatirwa inshingano ndetse n’ibindi nyuma yo kwibaruka abana bakavukana ubumuga.

Mukashyaka Alphonsina akaba umwe mu barerera aha yagize ati "Muri macye iyo umwana avutse afite ikibazo n’umuryango nawo uhita ugira ikibazo bigatera amakimbirane, mabukwe yagerageje kubimbwira ariko ntabwo umugabo yigeze abimbwira gusa nyine naravugaga nawe siwe icyampa akigishwa."


Mukashyaka Alphonsina yemeza ko iyo umwana avukanye ubumuga ntiyitabweho bigira ingaruka ku muryango

Naho Mukamuganga nawe ati "nange ubwange naramubyaye ariko wasangaga bambwira ngo ase uyu ni umwana uba umuha ibere ry’iki iki ko ari ikizongwe bikambabaza cyane nkumva ndigunze cyane ubu umugabo nawe yaramparitse".


Mukamuganga yemeza ko akato gahabwa abana bavukanye ubumuga bibagiraho ingaruka.

Ababyeyi usibye gutabwa nabo bashakanye usanga ahenshi imiryango bashingiwemo ibashiraho ikosa ko ari karande yiwabo ndetse bigatuma n’uwo mwana Uba yavutse atitabwaho uko bikwiye.

Mu guhabwa ubuvuzi uburezi ndetse n’izi service nkenerwa mu buzima.
Ni ubwo bimeze biryo ariko umwana ufite ubumuga leta yamushiriyeho amahirwe aho nawe ashobora kwiga kandi akaminuza ndetse agahatana ku isoko ry’umurimo ubona ko umuryango mugari hakirimo abatarabyumva neza.

Fiston Hakizimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru