Ni bamwe mu baturage barerera mu kigo cyita kubafite ubumuga gikorera mu murenge wa Ngarama akarere ka Gatsibo maze bagaruka kungorane nahuye nazo mu miryango yabo harimo gutabwa nabo bashakanye nabo guhatirwa inshingano ndetse n’ibindi nyuma yo kwibaruka abana bakavukana ubumuga.
Mukashyaka Alphonsina akaba umwe mu barerera aha yagize ati "Muri macye iyo umwana avutse afite ikibazo n’umuryango nawo uhita ugira ikibazo bigatera amakimbirane, mabukwe yagerageje kubimbwira ariko ntabwo umugabo yigeze abimbwira gusa nyine naravugaga nawe siwe icyampa akigishwa."
Naho Mukamuganga nawe ati "nange ubwange naramubyaye ariko wasangaga bambwira ngo ase uyu ni umwana uba umuha ibere ry’iki iki ko ari ikizongwe bikambabaza cyane nkumva ndigunze cyane ubu umugabo nawe yaramparitse".
Ababyeyi usibye gutabwa nabo bashakanye usanga ahenshi imiryango bashingiwemo ibashiraho ikosa ko ari karande yiwabo ndetse bigatuma n’uwo mwana Uba yavutse atitabwaho uko bikwiye.
Mu guhabwa ubuvuzi uburezi ndetse n’izi service nkenerwa mu buzima.
Ni ubwo bimeze biryo ariko umwana ufite ubumuga leta yamushiriyeho amahirwe aho nawe ashobora kwiga kandi akaminuza ndetse agahatana ku isoko ry’umurimo ubona ko umuryango mugari hakirimo abatarabyumva neza.
Fiston Hakizimana

























