Inyeshyamba z’Umutwe w’Ishyaka ry’Intara ya Tigray (TPLF) ryigumuye ku butegetsi bwa Guverinoma ya Dr. Abiy Ahammed, Minisitiri w’Intebe wa Thiopia, zanze kwitabira ibiganiro byari kuzihuza na Guverinoma ya Ethiopia, zivuga ko iyo ntara yabanza gukurwa mu kato yashyizwemo.
Izi nyeshyamba zavuze ko zitazitabira ibyo biganiro igihe cyose iyo ntara zigaruriye ikiri mu kato yashyizwemo na Guverinoma ya Ethiopia.
Mu kwezi gushize iyo nyeshyamba zari zavuze ko ziteguye kujya muri ibyo biganiro, by’inzira y’amahoro igamije kurangiza intambara imaze amezi 21 ihanganishije ingabo za TPLF n’iza Guverinoma ya Dr Abiy Ahmmed.
Izi nyeshyamba ariko zari zasabye ko hari serivisi z’ibanze zigomba kubanza gusubizwaho, nk’izirebana n’umuriro w’amashanyarazi, itumanaho na serivisi za Banki, zivuga ko bitabaye ibyo nta mishykirano zizitabira, ari nabyo zerekanye ku munsi w’ibiganiro.
Ni mu gihe guverinoma yo yari imaze gushyiraho itsinda ry’abantu barindwi bazayihagararira muri iyo mishyikirano ariko kandi ngo na mananiza ayo ari yo yose igomba gushyirwaho n’uwo utwe.
Inyeshyamba za TPLF zishaka kandi ko Guverinoma yemera ko intara ya Tigray yo my Majyaruguru y’igihugu zigaruriye igice kinini igira ingabo zayo bwite mu gihe Leta itabikozwa.





















