Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

“Iran iduhangaye yahita isenyuka burundu” Perezida Donald Trump w’Amerika

Monday 20 May 2019
    Yasomwe na

By Imfurayabo Pierre Romeo

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yaburiye Irani bikomeye, avuga ko Irani yahita isenyuka ibihugu byombi biramutse birwanye.

Mu butumwa yatangaje ku munsi w’ejo ku cyumweru ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, Bwana Trump yagize ati: "Niba Irani ishaka kurwana, ibyo bivuze kurangira kwayo".

Yongeyeho ati: "Ntuzahirahire na rimwe ushyamirana n’Amerika ukundi!"
Mu minsi ya vuba ishize, Amerika yohereje ubundi bwato n’indege by’intambara mu karere k’ikigobe.. Ariko ubu butumwa bwa Bwana Trump bwo ku rubuga rwa Twitter, bwahinduye imvugo yari imaze igihe igaragaza ko intambara hagati y’ibihugu byombi idashoboka.

’NTA NTAMBARA IMPANDE ZOMBI ZISHAKA’

Mu kiganiro cyatangajwe na televiziyo Fox ejo ku cyumweru, Bwana Trump yasezeranyije ko atazareka Irani icura intwaro kirimbuzi za nikleyeri, ariko avuga ko nta ntambara na Irani ashaka.

Yagize ati: "Ntabwo ndi umuntu ushaka intambara, kuko intambara izahaza ubukungu, [kandi] intambara ihitana abantu by’umwihariko..."
Irani na yo yacubije impungenge zuko haba intambara, mu gihe ubushyamirane bukomeje gukara. Ku wa gatandatu, minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Irani yavuze ko iki gihugu kidafite amashyushyu y’intambara.

Mohammad Javad Zarif yabwiye ibiro ntaramakuru Irna bya leta ya Irani ati: "Nta ntambara izaba kuko ntituyishaka kandi nta n’undi muntu uwo ari we wese ushobora kurota ko yahangara Irani muri aka karere".

Kuri uyu wa mbere, Bwana Zarif yavuze ko mu butumwa bwe bwo kuri Twitter Bwana Trump "yari afite icyizere cyo kugera ku byo ibindi bikomerezwa nka Alexander [the Great], Genghis [Khan] n’abandi bashotoranyi bagerageje kugeraho bikabananira".
Yongeyeho ko icyashobokera Amerika ari "ukugerageza kubaha" Irani.

Inkuru ya BBC

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru