Tuesday . 2 June 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 25 May » Rubavu: Abazahembwa muri Rubavu Music Awards and Talent Detection bamaze gutoranywa – read more
  • 12 May » Rwanda: Hazatangwa ibikombe 2 muri Shampiyona – read more
  • 9 May » Rubavu: Itorero EAR ryateguye igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 – read more
  • 27 April » Rubavu: Rubavu Music Awards and Talent Detection igiye kongera kuba bwa kabiri – read more
  • 27 April » RDC: Hashyizweho umutwe ushinzwe kurinda ibirombe – read more

“Iran iduhangaye yahita isenyuka burundu” Perezida Donald Trump w’Amerika

Monday 20 May 2019
    Yasomwe na

By Imfurayabo Pierre Romeo

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yaburiye Irani bikomeye, avuga ko Irani yahita isenyuka ibihugu byombi biramutse birwanye.

Mu butumwa yatangaje ku munsi w’ejo ku cyumweru ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, Bwana Trump yagize ati: "Niba Irani ishaka kurwana, ibyo bivuze kurangira kwayo".

Yongeyeho ati: "Ntuzahirahire na rimwe ushyamirana n’Amerika ukundi!"
Mu minsi ya vuba ishize, Amerika yohereje ubundi bwato n’indege by’intambara mu karere k’ikigobe.. Ariko ubu butumwa bwa Bwana Trump bwo ku rubuga rwa Twitter, bwahinduye imvugo yari imaze igihe igaragaza ko intambara hagati y’ibihugu byombi idashoboka.

’NTA NTAMBARA IMPANDE ZOMBI ZISHAKA’

Mu kiganiro cyatangajwe na televiziyo Fox ejo ku cyumweru, Bwana Trump yasezeranyije ko atazareka Irani icura intwaro kirimbuzi za nikleyeri, ariko avuga ko nta ntambara na Irani ashaka.

Yagize ati: "Ntabwo ndi umuntu ushaka intambara, kuko intambara izahaza ubukungu, [kandi] intambara ihitana abantu by’umwihariko..."
Irani na yo yacubije impungenge zuko haba intambara, mu gihe ubushyamirane bukomeje gukara. Ku wa gatandatu, minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Irani yavuze ko iki gihugu kidafite amashyushyu y’intambara.

Mohammad Javad Zarif yabwiye ibiro ntaramakuru Irna bya leta ya Irani ati: "Nta ntambara izaba kuko ntituyishaka kandi nta n’undi muntu uwo ari we wese ushobora kurota ko yahangara Irani muri aka karere".

Kuri uyu wa mbere, Bwana Zarif yavuze ko mu butumwa bwe bwo kuri Twitter Bwana Trump "yari afite icyizere cyo kugera ku byo ibindi bikomerezwa nka Alexander [the Great], Genghis [Khan] n’abandi bashotoranyi bagerageje kugeraho bikabananira".
Yongeyeho ko icyashobokera Amerika ari "ukugerageza kubaha" Irani.

Inkuru ya BBC

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru