Byashobokaga ko magingo aya u Burundi buba buramutswa undi mukuru w’igihugu, mu buryo bwari gutungura benshi.
Amahirwe yo gutahura umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Gen. Ndayishimiye Evariste watahuwe ubwo umugore wa Gen Bunyoni wari Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, yajyaga mu rusengero ashima Imana.
Uyu mutambukanyi [mu mvugo y’Abarundi] yageze imbere kuri aritari ashima Imana, ndetse atanga n’ituro riremereye rya Miliyoni imwe y’Amarundi, avuga ko ari ishimwe ryuko umugabo we mu minsi iri imbere azaba umukuru w’Igihugu bigwa mu matwi ya Perezida Ndayishimiye watowe na rubanda akaba atarasoza Manda ya mbere ye.
Kuva ubwo nibwo Perezida Ndayishimiye yatangiye kuvuga asa nuca amarenga, avuga ko yamenye umugambi w’abantu yise ’Ibihangange’, bafite umugambi wo kumuhirika ku butegetsi.
Bidatinze kuwa 7 Nzeri 2022 nibwo Perezida Ndayishimiye yahisemo gusimbuza, Gen. Guillaume Bunyoni ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe.
Uyu mwanya wahise uhabwa Lt Gen de Police Gervais Ndirakobuca, uzwi nka Ndakugarika ahita arahirira inshingano.




















