Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Kajugujugu ya UPDF yakoze impanuka ihitana abasirikari ba FARDC

Wednesday 28 September 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Nimugire Fidelia

Indege ya kajugjugu yo mu bwoko bwa MI-17 y’Igisirikare cya Uganda (UPDF) yakoze impanuka igwira abasirkare ba Congo (FARDC) n’aba Uganda (UPDF) gusa ntiharamenyekana umubare w’abayiguyemo.

Iyi mpanuka yabaye ku munsi w’ejo mu gace ka Rwenzori, ku mupaka wa Uganda yerekeza muri Congo.

Hari nyuma y’iminota mike ihagurutse iva Uganda yerekeza muri Congo, ijyanye ibyo kurya ibishyiriye abasirikare bari muri Operation Shujaa, yo kurwanya umutwe wa ADF.

Iyi ndege kandi ikoze impanuka nyuma y’icyumweru kimwe gusa indi yo mu bwoko bwa MI-24 iyikoze. Iyi ya mbere yayikoreye mu gace ka Port-fort cyakora yo ntamuntu numwe wayiguyemo cyangwa ngo ayikomerekeremo.

Perezida Museveni wa Uganda, we yategetse ko hakorwa iperereza mu rwego rwo kumenya impamvu nyamukuru indege za UPDF zikomeje kugirira impanuka mu kirere.

Aya maperereza agomba kuyoborwa na Maj Gen Charles Okidi, usanzwe ari umugaba w’ingabo za Uganda zirwanira mu kirere nk’uko Bwiza dukesha iyi nkuru ibitangaza.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru