Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Kajugujugu ya UPDF yakoze impanuka ihitana abasirikari ba FARDC

Wednesday 28 September 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Nimugire Fidelia

Indege ya kajugjugu yo mu bwoko bwa MI-17 y’Igisirikare cya Uganda (UPDF) yakoze impanuka igwira abasirkare ba Congo (FARDC) n’aba Uganda (UPDF) gusa ntiharamenyekana umubare w’abayiguyemo.

Iyi mpanuka yabaye ku munsi w’ejo mu gace ka Rwenzori, ku mupaka wa Uganda yerekeza muri Congo.

Hari nyuma y’iminota mike ihagurutse iva Uganda yerekeza muri Congo, ijyanye ibyo kurya ibishyiriye abasirikare bari muri Operation Shujaa, yo kurwanya umutwe wa ADF.

Iyi ndege kandi ikoze impanuka nyuma y’icyumweru kimwe gusa indi yo mu bwoko bwa MI-24 iyikoze. Iyi ya mbere yayikoreye mu gace ka Port-fort cyakora yo ntamuntu numwe wayiguyemo cyangwa ngo ayikomerekeremo.

Perezida Museveni wa Uganda, we yategetse ko hakorwa iperereza mu rwego rwo kumenya impamvu nyamukuru indege za UPDF zikomeje kugirira impanuka mu kirere.

Aya maperereza agomba kuyoborwa na Maj Gen Charles Okidi, usanzwe ari umugaba w’ingabo za Uganda zirwanira mu kirere nk’uko Bwiza dukesha iyi nkuru ibitangaza.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru