Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 5 Ugushyingo ku bufatanye n’abaturage n’inzego z’ibanze Police yafashe abagabo 2 bakekwaho gucuruza no gukwirakwiza ibiyobyabwenge aho bafatanywe udupfunyika 85 tw’urumogi.
Aba bagabo babiri bafatiwe mu karere ka Kamonyi mu murenge wa Karama mu kagari ka Bitare, mu mudugudu wa Kabuga.
Kuri ubu abafashwe bafungiye kuri Police Station ya Kayenzi, ni mu gihe Ubugenzacyaha bwatangiye gukora iperereza.
Police y’u Rwanda irashimira abaturage bakomeje kugira imyumvire myiza yo gutangira amakuru ku gihe kandi vuba hagamijwe gukumira ibyaha kitaraba, kimwe mu bigaragaza ko umutekano.
Police y’u Rwanda irasaba kandi buri wese kwirinda gukora ibinyuranyije n’amategeko by’umwihariko gucuruza, gukwirakwiza, kunywa urumogi kubireka kuko byangiza ubuzima bwa baturage by’umwihariko urubyiruko kandi ko ari icyaha gihanwa n’amategeko, bityo uzajya abifatirwamo wese amategeko azajya abimuhanira.
Mu Rwanda urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho uhamijwe n’urukiko ibikorwa byo kubikora, kubihinga, kubihindura, kubitunda, kubibika, kubiha undi cyangwa kubigurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu ya 20.000.000 Frw, ariko itarenze 30.000.000 Frw.

















