Umunyapolitiki Prof George Wajackoyah uri mu bahataniye kuyobora Kenya, yavuze ko naramuka atorewe Perezida w’icyo gihugu azashyira imbaraga mu kuzamura ubucuruzi bw’inyama z’imbwa n’inzoka no kuzohereza mu mahanga kugira ngo zibashe kwishyura imyenda itandukanye igihugu gifite.
Uyu mugabo yaherukaga kugarukwaho cyane mu itangazamakuru ubwo yavugaga ko natorwa ku nkengero z’imihanda yo muri Kenya azazihingaho urumogi aho kuhahinga indabo, agaragaza ko ubucuruzi bw’inyama z’imbwa n’iz’inzoka ari kimwe mu byafasha Kenya kwigobotora imyenda ifite.
Ubwo Prof George Wajackoyah yari mu bikorwa byo kwiyamamaza ahitwa Kakamega yakomeje avuga ko izi nyama zifite isoko rikomeye mu bihugu nk’u Bushinwa.
Ati “Guverinoma yanjye izajya yohereza mu mahanga inyama z’inzoka n’imbwa kugira ngo tubone amafaranga yo kwishyura imyenda igihugu cyacu kibereyemo amahanga. Tuzaba dufite ahantu henshi dukura amafaranga azadufasha guhindura imiterere y’ubukungu bwacu.”
Kugeza ubu Kenya ni kimwe mu bihugu bya Afurika, aho abaturage babyo bahora bijujuta kubera imyenda bifite. Kugeza mu 2021 byabarurwaga ko Kenya ifitiye amahanga imyenda ibarirwa muri miliyari 35,7$, aya ni 51% by’imyenda yose iki gihugu gifite kuko hari n’iy’imbere mu gihugu



















