Mu gihugu cya Kenya habonetse ubundi bwoko bushya bwa coronavirus nk’uko bigaragazwa n’ibisubizo bya mbere byavuye mu bushakashatsi burimo gukorwa n’ikigo cy’ubushakashatsi mu buvuzi gikorana na leta, kitwa Kenya Medical Research Institute,(Kemri).
Ubwo bwoko Kenya yihariye, bwabonetse mu Majyepfo ashyira Iburasirazuba bw’igihugu ku bizamini byafashwe hagati y’ukwezi kwa gatandatu n’ukwezi kw’icumi, umwaka ushize, nk’uko byavuzwe na Kemri.
Hari hagikenewe gukorwa ubundi bushakashatsi kugira hamenyekane ingaruka z’ubwo bwoko bushyashya, nk’uko icyo kigo cyakomeje kibivuga.
Kugeza ubu muri Kenya harabarurwa hafi abantu 100.000 bamaze kwandura virusi ya Covid-19 n’abarenga 1.700 iyo ndwara imaze guhitana.
BBC dukesha iyi nkuru yakomeje ivuga ko hamaze iminsi kandi habonetse ubwoko bwihuta cyane mu kwandura, bwabonetse muri Africa y’epfo bumaze kuboneka no mu bindi bihugu bitatu byo muri Africa-Botswana igice gihana imbibe na Zambia na Gambia muri Africa y’Uburengerazuba nk’uko bivugwa n’ishami rya ONU rishinzwe ubuzima ku isi.
















