Akarere ka Kicukiro katangije ubukangurambaga buzafasha abaturage kwimakaza isuku n’umutekano bugasiga isuku ibaye umuco mu baturage hagamijwe imibereho myiza.
Ni ubukangurambaga bwatangirijwe mu murenge wa Kigarama kuri uyu wa bwibanda ku mazi, isuku n’isukura, bukazamara amezi ane ari imbere.
Ubukangurambaga bwaranzwe n’ibikorwa by’isuku n’isukura byahuriwemo n’ubuyobozi bw’akarere ka Kicukiro n’abafatanyabikorwa bako "waterforpeople" hamwe n’abaturage; batoraguye imyanda ndetse bashyiraho ikusanyirizo ry’imyanda “Puberi” ku mihanda.
Nyuma y’ibikorwa by’isuku, abaturage bakanguriwe kurushaho kugira isuku yo ku mubiri.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’akarere ka Kicukiro wungirije Huss Monique yabwiye abaturage ko isuku igomba kugira isuku y’aho batuye, aho bakorera no mu nzira ndetse bakarwanya abamena imyanda ahatarabugenewe.
Ubu bukangurambaga buzakomereza mu Mirenge yose igize Akarere ka Kicukiro hashyirwa za “Puberi” ku mihanda mu rwego rwo kwirinda ko hagira ujugunya imyanda aho itagenewe.
Muri aya mezi ane kandi hazanashyirwaho ibindi bikorwa remezo bibungabunga isuku nka “Kandagirukarabe”. Abaturage kandi bazakomeza kwigishwa ibyiza by’isuku n’ingaruka mbi z’umwanda.
Yanditswe na Samuel Mutungirehe

























