Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Kigali: Barindwi beretswe itangazamakuru bakurikiranyweho kwiba imiti n’ibikoresho byo gupima COVID na Sida

Friday 19 March 2021
    Yasomwe na

Mutungirehe Samuel

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu barindwi bacyekwaho kwiba imiti n’utwuma twifashishwa mu gupima COVID-19 na Sida two mu mavuriro ya Leta bakayicuruza mu mavuriro yigenga.

Ni igikorwa cyabaye i Kigali kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Werurwe 2021.

Umwe muri abo bantu yabwiye abanyamakuru ko ibyo yacuruzaga, icyo yakoraga ari ukubiragura abihawe n’abakozi bo muri farumasi za Leta kimwe no mu bakora muri za Laboratwari bakumvikana ku nyungu.

Yakomeje avuga ko yahindukiraga akabicuruza mu mavuriro yigenga no muri za farumasi kimwe no mu bakora mu mavuriro y’ingoboka yigenga (Post de Sante).

Muri abo harimo kandi n’umwe mu bakora muri farumasi y’akarere ka Gasabo, yeruriye itangazamakuru ko yari amaze amezi agera kuri atanu agurisha ibyo bikoresho mu buryo butemewe.

Polisi yavuze ko abenshi mu bakekwaho icyo cyaha ari abikorera bakabyiba babifashijwemo n’abo mu mavuriro ya Leta babifitemo indonke zabo.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru