Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Kiliziya Gatulika yashyizeho itegeko rizajya rihana abapadiri basambanyije abana

Wednesday 2 June 2021
    Yasomwe na

Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis, yavuguruye ingingo z’itegeko rihana rigenga Kiliziya, biba itegeko ko abapadiri bakorera abana cyangwa abakuru ihohotera rishingiye ku gitsina bazajya bahanwa harimo no kwamburwa inshingano.

Izi mpinduka mu mategeko mpanabyaha nizo za mbere zikomeye mu myaka hafi 40 ishize.

Aya mategeko mashyashya ategeka ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kwoshya abana bato hagamije gukorana nabo imibonano mpuzabitsina, kugira imyitwarire iganisha ku busambanyi bukoreshwa abana hamwe no guhishirira ihohotera rishingiye ku gitsina ko ari ibyaha bihanwa n’amategeko ya Vaticani.

Papa Francis avuga ko imwe mu ntumbero ari "kugabanya ikigero cy’ibi byaha aho igihano wasangaga kigizwe ibanga ry’abategetsi" nk’uko BBC dukesa iyi nkuru yabyanditse.

Itegeko rishya risimbuye impinduka zose ziheruka zakozwe na Papa Yohani Pawulo II mu 1983. Ryashyiriweho kurushaho gushyira ibintu mu mucyo no gukoresha imvugo itomoye kandi rigena ko abasenyeri bagomba kugira icyo bakora mu gihe hari uzamuye ikirego.

Ryemejwe kuri uyu wa Kabiri nyuma y’imyaka 11 rivugururwa. Rizatangira gushyirwa mu bikorwa ku ya 8 Ukuboza. Ntiryemera ko abagore baba abapadiri.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru