MUTUNGIREHE SAMUEL
Umutegetsi w’Ikirenga wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong-un, yirukanye abayobozi bakuru mu butegetsi bwe ku mpamvu atatangaje neza ariko zifite aho zihuriye n’icyorezo cya Coronavirusi.
Ubundi Koreya ya Ruguru yashishurije isi ko nta muturage wayo numwe wigeze yandura Coronavirusi ku butaka bwayo cyane ko gisa n’ikibera mu kirwa kuko imipaka ihora ifunze nta winjira cyangwa ngo asohoke byoroshye.
Ubu burakari bwafashwe na benshi ko ibintu byaba bitoroshye ku ndwara ya COVID-19 muri iki gihugu.
Mu minsi ishize Kim Jong-un yemeye ko mu gihugu cye harimo ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa abasaba kwitegura ingaruka zitigeze zibaho, azigereranya n’amapfa yabakozemo mu 1990 aho abatari bake mu Murwa Mukuru wa Piong yang.
Ikinyamakuru cya Leta ya KCNA cyagaragaje Kim Jong-Un ashinja abategetsi bakuru ba Leta ko barangaye cyane mu guteza ikibazo gikomeye mu kubungabunga umutekano w’igihugu kandi bikagira ingaruka zikomeye.
Inkuru yakomeje ivuga ko abategetsi batari bake mu ishyaka riyoboye bahambirijwe igitaraganya barimo n’umwe mu bagize komite idakorwaho y’abantu batanu barimo na Kim Jong-Un ubwe.
Inkuru ziheruka muri Koreya ya Ruguru ni igihe uyu mutegetsi wayo yagaragaye yarananutse cyane, ari mu myenda itamukwira ugereranyije n’uko yanganaga mbere, bibwirwa abaturage be ko Perezida abahangayikiye kubera akazi kenshi abandi ntibatinye kuvuga ko n’itabi anywa ubwaryo ryamushegeshe kuko aca agahigo ku isi ko kunywa ryinshi mu mwanya muto.



















