Mutungirehe Samuel
Mu iburanisha mu mizi riheruka, Paul Rusesabagina yagize gutya abwira urukiko ko abona uburenganzira bwe butari kubahirizwa uko bikwiye umuburanyi yerura ko ku bw’ibyo atazongera kwitabira urubanza rwe.
Ni ibintu urukiko rwafashe nk’ikifuzo cy’uburana cyane ko amategeko abimwemerera ariko bidakuraho ko urukiko cyangwa urubanza ruhagarara.
Rusesabagina ashobora guhitamo kutongera kugaruka imbere y’urukiko ariko akaba yaha uburenganzira abamwunganira, bakajya bitaba urukiko bakamuburanira kuzageza igihe iburanisha rirangiriye.
Ashobora no gutungurana akagaruka, akavuga ko abamwunganira bamugiriye inama akabona ikiza cyo kwitabira urubanza wenda yabishaka ntagire icyo avuga, ijambo akariharira abamwunganira mu mategeko.
Ingingo ya 106, iteganya ko kwihana umucamanza bikorwa mu nyandiko igihe cyose urubanza rutaracibwa.
Uwihannye Umucamanza mu iburanisha agomba kwandikira Perezida w’Urukiko inyandiko isobanura impamvu z’ubwihane mu gihe kitarenze umunsi umwe ukurikira uwo iburanisha ryabereyemo ubwihane.
Iyo icyo gihe kirenze ataratanga iyo nyandiko, bifatwa nk’aho nta bwihane bwabaye, urubanza rugasubukurwa.

















