Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Kubera ikibazo cy’ishimutwa ry’abantu gikomeje kwiyongera abayobozi bo muri Leta ya Zamfara mu Majyaruguru ashyira Iburengerazuba bwa Nigeria bahisemo guha abaturage baho intwaro mu buryo bwo kwirinda abo ba rushimusi.
Mu rwego rwo kugerageza gucyemura ikibazo cy’umubare ukomeje kwiyongera w’abantu bashimutwa hamwe n’ibitero byicirwamo abantu, Guverineri wa leta ya Zamfara, Bello Matawalle, yavuze ko azatanga imbunda zibarirwa mu magana ku bantu batahawe imyitozo yo kuzikoresha, anategeka umukuru wa polisi gutanga impushya ariko abaturage nabo bakaba basabwa kwiyandikisha mbere yo guhabwa izo ntwaro nk’uko babisabwa n’abayobozi babo.
Nubwo abaturage bagiye guhabwa intwaro kandi ari abasivili ntamyitozo ya gisirikari bahawe, ntibirikuvugwaho rumwe na benshi. Gusa abayobozi ba leta ya Zamfara bo bavuga ko ari uburyo bwo guhangana n’umutekano mucye ugikomeje kwiyongera muri aka karere.
Mu zindi ngamba, Guverineri Matawalle yanategetse ko amasoko afungwa mu turere dutatu, abuza ikoreshwa rya za moto n’ubucuruzi bw’ibikomoka kuri peteroli.
Muri utwo turere, yatanze itegeko ryo kurasa hagamijwe kwica muntu uwo ari we wese uzabonwa ari kuri moto.
Nigeria irimo kugorwa no guhagarika inkubiri y’ibikorwa by’ubushimusi bukorwa hagamijwe gusaba ingwate mbere yuko abafashwe barekurwa, bikorwa n’ibico byitwaje intwaro mu Majyaruguru y’igihugu.
Ibyo bico akenshi byibasira ahantu h’icyaro hatarinzwe, amashuri hamwe n’abatwara moto mu mihanda minini.



















