Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

MAGERAGERE:Candide yafashwe agemuriye urumogi yafungiye mu mandazi umuhungu abereye Nyirasenge ufunze

Sunday 14 July 2019
    Yasomwe na

Umugore witwa Candide w’imyaka 47 usanzwe atuye mu murenge wa Nyamirambo, Akagari ka Gasharu, umugudugu wa Kagunga, yafatanywe udupfunyika tune( boulets) tw’urumogi yari yafungiye mu irindazi ryari muri bimwe yari agemuriye umuhungu abereye Nyirasenge witwa Fabrice.

Amakuru uvuga ko gufata uriya uvugwaho gukora biriya byakozwe ku bufatanye bw’Urwego rw’igihugu rw’imfungwa n’abagororwa hamwe na Police y’u Rwanda.

Umuvugizi w’urwego rw’igihugu rw’imfungwa n’abagororwa SSP Hillary Sengabo yatangaje ko ariya makuru ari impamo kandi ko uwafashwe yashyikirijwe urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha ku rwego rw’Umurenge wa Mageragere ngo akurikiranwe.

Ati: ” Nibyo yaraye afashwe tumushyikiriza RIB ya Mageragere. Iyo dufashe abasivili bakoze biriya byaha tubashyikiriza RIB.”
Yavuze ko n’ubwo bajya bafata abantu bashaka kwinjiza ibintu bitemewe muri za Gereza ngo ntabwo biba kenshi.

Hari umwe mu baturiye iriya gereza yavuze ko hari abajya bagerageza kugemurira abahagororerwa urumogi bakabikora mu mayeri menshi.

Ngo hari uwigeze kurujyana mu gashashi gafungirwamo amata y’uruganda Inyange Industries ariko afatwa atararwinjizamo. Icyo gihe hari mu Ukuboza, 2018.

By Imfurayabo Pierre Romeo

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru