Amezi abaye 2 mu gihugu cya Mali, ibura ry’ibikomoka kuri peteroli risa n’iryahagaritse ubuzima. Ni Ikibazo bashinja inyeshyamba za JNIM (umutwe wa al-Qaeda mu karere), ndetse n’ibitero byakunze kugabwa mu majyepfo. Ibi byakuruye umwuka mubi n’amakimbirane atarigeze kubaho mugihugu.
Ubutegetsi bw’inzibacyuho burahamagarira abaturage kubwiyungaho bugatera umugongo ibikorwa by’imitwe y’iterabwoba bivugwa ko yaba ishyigikiwe na bimwe mu bihugu byo mu mahanga.
Ku rundi ruhande, abatavuga rumwe na Leta bashinja ubutegetsi bw’igisirikare kwihisha inyuma y’ibibazo by’umutekano mucye kugira ngo bagundire ubutetsi bityo ko hakoreshwa ibishoboka byose demokarasi akaba ariyo iba ishingiro rya byose , kugira ngo igihugu kitaguma mu mwiryane no mu miyoborere y’igitugu iranga Leta y’inzibacyuho.
Ingengabihe yo gusubiza ubutegetsi abaturage biracyaganirwaho , mu gihe abaturage bakomeje kugaragaza impungenge Ku kiguzi cy’ubuzima gikomeje gutumbagira , ikibazo cy’ingendo n’ibiribwa, ndetse no kutamenya aho igihugu kigana.





















