Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

Malawi: Kiliziya Gatolika irashinja Perezida Chakwera kuba inkorabusa

Tuesday 11 October 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Kiliziya Gatolika yo mu gihugu cya Malawi yashinje Perezida Lazarus Chakwera kuba inkorabusa kuko ibyo yemereye abaturage byose mu gihe yiyamazaga nta na kimwe arakora.

Ni icyemezo gikubiye mu ibaruwa, abagize Inama y’Abasenyeri muri Malawi bashyize hanze ku wa Mbere tariki 10 Ukwakira 2022.

Muri iyi baruwa aba Basenyeri bavuze ko Malawi ‘igeze ahantu habi’ ugereranyije n’ibindi b’igihugu by’ibituranyi biri gutera imbere.

Bakomeje bavuga ko Malawari kuri ubu yugarijwe n’izamuka ry’ibiciro, ruswa muri Guverinoma, ubushomeri cyane cyane mu rubyiruko, ibura ry’ibikomoka kuri peteroli n’iry’amafaranga y’amahanga.

Iri tangazo rigira riti: “Abaturage ba Malawi barambiwe abanyepolitike bakomeje guhatanira kujya mu myanya itandukanye batitaye ku iterambere ry’ababatora.”

Rikomeza rivuga ko ubuyobozi bwa Perezida Chakwera ntacyo burakora mu gukemura ibi bibazo byugarije igihugu.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru