Inama y’Abaminisitiri yaraye iteranye iyobowe na perezida wa Repubulika Paul Kagame yemeje ko abantu 1874 bari bafunzwe bazafungurwa by’agateganyo.
Mu itangazo ry’ibyemezo by’iyi nama,rigaragaza imyanzuro y’iyo nama, havugwamo ko hashyizweho iteka rya Minisitiri riteganya ifungurwa ry’agateganyo ry’abantu 1874 bari barakatiwe n’inkiko.
Gusa kugeza ubu, ntiharashyirwa ahagaragara urutonde rw’abazarekurwa kandi n’impamvu z’iki cyemezo ntizatangajwe.
Iki cyemezo kije mu gihe Leta y’u Rwanda iherutse kuvugurura ingengo y’imari y’uyu mwaka w’imari, aho yagabanijweho amafaranga arenga miliyari 80 ugereranyije n’iyari yemejwe mu mwaka ushize.
Iyo nama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatatu yafatiwemo n’ibindi byemezo bitandukanye, birimo kwemeza imishinga y’amategeko mishya, gushyiraho abayobozi mu myanya itandukanye ndetse no kwemeza abadipolomate bashya bazahagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Chadadi Habimana























