Umunyapolitiki utavugarumwe n’ ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Kongo akomeje kuvuga ko ariwe watsinze amatora ya Perezida w’ iki gihugu na nyuma y’ uko urukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga rwemeje bidasubirwaho ko Felix Tshisekedi ariwe watsinze amatora. Fayulu yasabye abayoboke be kwigaragambya.
Fayulu yari yatanze ikirego muri uru rukiko avuga ko atemera ibyavuye mu matora by’ agateganyo. Fayulu avuga ko Tshisekedi yagiranye amasezerano yo gusangira ubutegetsi na Perezida ucyuye igihe Joseph Kabila.
Yagize ati: "Uyu mwanzuro w’ urukiko ntiwubashye abanyagihugu ba Kongo, Afrika hamwe n’amahanga."
Yongeyeho ko we n’ abamushyigikiye bagiye gutegura imyigaragambo ituje mu gihugu hose.
Abaperezida barimo Pierre Nkurunziza w’ u Burundi, Uhuru Kenyatta wa Kenya na John Pombe Magufuli babinyujije kuri Twitter bifurije intsinzi nziza Felix Tshisekedi.



















