Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda (UPDF), Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba yatangaje ko yatoranyije Umuhanzi w’Umunyarwanda, Masamba Intore kuzaririmba ku Isabukuru ye iteganyijwe mu kwezi gutaha.
Uyu Mugaba akaba n’Umuhungu wa Perezida Yoweli Kaguta Museveni, yavutse tariki ya 24 Gicurasi 1974, avukira i Dar es Salaam muri Tanzania, ashakana na Charlotte Nankunda Kutesa mu 1999 bakaba bafitanye abana batatu, ari bo Kenshuro Kainerugaba, Ruhamya Kainerugaba na Ihunde Kainerugaba.
Mu 2017 Muhoozi yagizwe Umujyanama wa Perezida Museveni ari nawe Se umubyara, bitangira gusa n’ibyemezwa ko yaba arimo gutegurwa kuzasimbura se ku butegetsi amazeho imyaka 36.
Ifoto ya Masamba Intore yifashishijwe na Gen. Muhoozi yemeza ko azamuririmbira ku Isabukuru ye





















