Urugereko rw’urukiko rukuru ruburanisha ibyaha byambukiranya imipaka mu Rwanda rwahamije Madamu Idamange Yvonne Iryamugwiza ibyaha yaregwaga rumukatira gufungwa imyaka 15.
Idamange yari umaze iminsi aburana adahari kuko yivanye mu rubanza avuga ko ashaka kuburana imbere y’umucamanza amaso ku maso atari ibyo mu buryo bw’ikoranabuhanga.
Urukiko rukuru rwamuhamije ibyaha byose yarezwe n’ubushinjacyaha
Muri Werurwe, 2021 Idamange Iryamugwiza Yvonne yasomewe ibyaha aregwa uko ari bitandatu avuga ko byose abihakana.
Ibyaha yaregwaga ni Guteza Imvururu n’imidugararo, Gutesha agaciro ibimenyetso bya Genocide, Gutangaza ibihuha, Gutambamira ishyirwa mu bikorwa ry’imirimo y’igihugu, Gukubita no gukomeretsa no Gutanga chèque itazigamiye.
Urubanza rwa Madamu Idamange Iryamugwiza Yvonne rwabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, rizwi nka Video Conference.
Idamange ni umwe mu bantu bavuzwe cyane mu minsi ishize y’uyu mwaka nyuma y’ibyo yatangarije kuri YouTube.
Muri Gashyantare, 2021 nibwo Madamu Idamange yashyize video kuri YouTube asaba abantu bazahurira ku Biro by’Umukuru w’igihugu i Kigali bakigaragambya.
Icyo gihe yavuze kandi ko Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame atakiriho.



















