Mutungirehe Samuel
Guverinoma y’Ubwongereza yatangaje ko guhera tariki ya 19 Nyakanga 2021 ntawuzaba ategetswe kwambara agapfukamunwa cyangwa guhana intera na mugenzi we byari bitegetswe mu rwego rwo kwirinda gukwirakwiza virusi ya corona isa n’iyigaruriye isi.
Ni gahunda Minisitiri w’Intebe Bolis Johnson yaraye atangaje ko igamije koroshya ingamba zo kwirinda COVID-19.
Boris yavuze ko nubwo bizagenda gutyo bitavuze ko COVI-19 mu Bwongereza yahashize ku bw’ibyo buri wese afite inshingano zo kwirinda iki cyorezo.
Mu kiganiro n’itangazamakuru Boris Johnson yavuze ko izi ngamba ari gahunda yo gukuraho amabwiriza ya nyuma yari ajyanye no kwirinda ikwirakwira rya coronavirusi bigafasha abaturage gusubira mu buzima busanzwe.
Ubwongereza bufashe iki kemezo cyo kugabanya ingamab zo kwirinda kwanduzanya coronavirusi mu gisa no kwitwaza ko bwamaze gukingira umubare munini ushoboka w’abaturage, barnenga 60%, nyamara naho haherutse kuvugwa indi corona yihinduranyije yabashegeshe ku kigero cyo hejuru.
Iki gihugu gifite inkingo za AstraZeneca kikorera ziri gufasha mu gukingira abaturage ku kigero cyo hejuru.

















