By Imfurayabo Pierre
Nkuko imyanzuro y’inama yabaminisitiri ibitangaza, abagororwa 3596 bahamwe nibyaha bitandukanye bafunguwe.
hifashishijwe ikoranabuhanga Inama y’abaminisitiri yateranye kuru wa 18 / 05 /2020 yiga kubibazo bitandukanye ndetse harimo no kwiga kuburyo bwo guhashya icyorezo cya coronavirus gihangayikishije isi, aho kurubu habarurwa abagera kuri 297 banduye coronavirus abagera kuri 203 bakaba barayikize.
Inama yabaminisitiri yemeje ko abagororwa 3596 bahamwe nibyaha bafungurwa, ni nyuma yuko nyakubahwa Perezida wa repubulika y’urwanda Paul KAGAME atangaje ko yahaye imbabazi umugore umwe(1) ndetse nabakobwa mirongo itanu (50) bari barakatiwe n’inkiko bazira gukuramo inda, hanagaragajwe imyanzuro yafashe kubijyanyo no kwirinda ndetse no guhashya icyorezo cya coronavirus mu gihugu cy’urwanda




















