Yanditswe na Imfurayabo Pierre Romeo
Gen. Mubaraka Muganga akaba visi perezida w’ikipe ya APR FC, yabwiye abafana b’iyi kipe ko badakwiye kugira impungenge z’uko hari umukinnyi wa yo waraye ushatse gusinyishwa na Rayon Sports kuko agifite amasezerano kimwe na bagenzi be.
Ku munsi wo ku wakabiri ni bwo ikipe ya Rayon Sports yagerageje gusinyishisha rutahizamu wa APR FC, Byiringiro Lague ariko uyu musore arabangira.
Bivugwa ko iyi kipe yagiye yitwaje miliyoni 10 bazitereka imbere y’uyu musore w’imyaka 20 ariko bitewe n’ibihe iyi kipe imazemo by’amikoro arayanga kuko afite impungenge z’uko abashaka kumugura bashobora kugenda.
Abafana ba APR FC batangiye kugaragaza impungenge z’uko uyu musore ashobora kubacika, byatumye visi perezida w’iyi kipe, Gen. Mubaraka Muganga abahumuriza ababwira ko kimwe n’abandi bakinnyi bagifite amasezerano ya APR FC.
Yagize ati“ ku mpungenge zagizwe na bamwe mu bafana bacu ku nkuru ngo z’umukinnyi wa APR FC wegerewe n’indi kipe imwifuza, uwo mukinnyi kimwe na bagenzi be bafite amasezerano ya APR FC. Na none, ku banyamuryango n’abafana, ikipe yanyu APR FC ihagaze neza, kandi simpamya rero ko hari abakinnyi bayo barambagizwa ngo bayivemo.”
Yakomeje avuga ko ari inkuru zishaka kugira ngo APR FC yumvikane mu itangazamakuru.
“Izo nkuru ni izishaka ko izina rya APR FC ryumvikana mu itangazamakuru kuko yari imaze iminsi mu kandi kazi ko gukumira icyorezo cya COVID-19.” Gen. Mubaraka Muganga mu butumwa yoherereje RBA
Byiringiro Lague yinjiye muri APR FC mu ntangiriro za 2018, mu mpeshyi y’uwo ni bwo yasinye amasezerano ye ya mbere muri APR FC y’imyaka 2.




















