Aline Gahongayire ni umugore ukunda Imana n’abantu akaba mu buzima busanzwe ari umuhanzi, umunyamideli, umwanditsi w’indirimbo ndetse n’umukinnyi wa filime.
Ni umwe mu bahanzi bamaze gushinga imizi ndetse no kubaka izina mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.
Mu buto bwe, yabyirutse akunda ibyerekeye ubuhanzi ndetse yabifatanyaga no kubyina. Mu rungano yari umukobwa ushabutse cyane wakundaga gusabana ariko akagira n’amahane.
Yabwiye ikiganiro Amahumbezi ko ubwo yari mashuri abanza yarangwaga no guharanira kwereka abahungu ko n’abakobwa bashoboye ndetse rimwe na rimwe agashotorana ku buryo byageraga n’aho barwana.
Yagize ati “Mu myaka yanjye yo kwiga narangwaga no gukubagana cyane, nararwanaga cyane ku ishuri. Numvaga utahohotera mugenzi wanjye mpari, nabanaga neza n’abantu bose, nakundaga gukina, guseka ariko ako kantu ntabwo kaburagamo…”
Gahongayire yavuze ko ubwo yari mu mwaka wa Gatandatu yashatse guhangana n’umusore biganaga witwa Nduwayezu bimuviramo gukubitwa ndetse kugeza uyu munsi aracyibuka ingumi yakubiswe.





















