Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Musanze: Umugabo yategewe inzoga ziramuhitana

Thursday 18 July 2024
    Yasomwe na


Mu murenge wa Shingiro w’Akarere ka Musanze , mu kagari ka Kibuguzo , umudugudu wa Kadahenda umugabo yategewe inzoga n’abagenzi be ziramwica.

Umuturage witwa Nahimana Eric w’imyaka 29 yategewe igicupa cyuzuye inzoga arakigotomera ageze hafi n’urugo rwe ahita yitaba Imana.

Aya makuru yashimangiwe n’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Shingiro Bwana Hanyurwabake Theoneste ko ibi byabaye ahagana saa 17h50’ aho uyu mugabo ngo yararimo gusangira n’abandi bamutegera inzoga ngo ayimare birangira ashizemo umwuka.

Yagize ati:"Aya makuru nimpamo, bamutegeye agacupa nawe arasoma , atararenga n’umutaru aba yituye hasi , biragoye kumenya ngo n’inzoga imeze ite cyokoze RIB na Police bahageze , ubu umurambo bawujyanye kuwukorera Isuzuma ( Autopsy) mu bitaro bikuru bya Ruhengeri, kuko umuntu ntiyahita yemeza ko ari inzoga yamwishe , barakora iperereza hamenyekane ikibyihishe inyuma."

Uyu muyobozi yakomeje agira abaturage inama kutajya bakora ibikorwa nk’ibyo bishobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga, ahubwo babanza kujya babanza gushishoza igikorwa cyose bagiye gukora ingaruka kiri bugire .

Kugeza ubwo twakoraga iyi ntayandi makuru arenze kuri aya twari twamenya ku rupfu rw’uyu muturage.

Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru