Bamwe mu baturage batuye mu kagari ka Cyabagarura, mu murenge wa Musanze w’akarere ka Musanze muri santere izwi nko mu Gisenyi, hari abaturage basaba gutabarwa abanyarugomo baza mu tubari bakenyereye ku mihoro bakabatema.
Aba baturage babwiye Mama Urwagasabo TV ko iyo urimo gusoma icupa uvuye mu kazi ntubasomye bagutema.
Umwe yagize ati”Hano mu Gisenyi duhangayikishijwe n’abanyarugomo biyise ibyigenge baza bakenyereye ku mihoro mu tubari hanyuma iyo mugerageje gutongana gato bazana umupanga bakagutema ukavirirana,”
Undi muturage yagize ati”Hano wagira ngo ni mu kindi gihugu, ku manywa y’ihangu usanga izi nsoresore mu ishyamba ryawe wavuga bakagutema, ugahitamo guceceka niyo ubasanze muri santere ya hano mu Gisenyi ukababaza impamvu bagutemeye ibiti nawe baragutema, hari umugabo baherutse gutema urutoki ndetse hari n’umumotari baherutse gutemagura”.
Bakomeza bavuga ko ntako batagira ngo bagaragarize inzego iki kibazo ariko ngo bajya kubafunga umunsi umwe bwacya bakagaruka, bakaza baguhiga ngo warabafungishije ngo ntabwo bakivuga.
Kuri iki kibazo umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’Amajyaruguru Inspector of Polisi Ignace Ngirabakunzi, yavuze ko batari bazi iki kibazo ndetse yasabye abaturage kujya bihutira gutanga ikirego.
Ati”Murakoze kutumenyesha icyo kibazo nibwo tukimenye, icyo dusaba abaturage ni ukujya bihutira kujya gutanga ikirego, uwakorewe icyaha akwiye kujya abivuga, ikijyanye n’imihoro mu tubari ntibikwiye kuko umuhoro n’igikoresho kitagize icyo kimara mu kabari, ibyo byose ni amakuru mudugaye tugomba gukurikirana.”
Si ubwa mbere iki kibazo kivuzwe muri iyi santere yo mu Gisenyi, ariko ngo inzego zibanze nazo zitinya izi nsoresore , bityo bakaba bifuza ko Ingabo na Polisi zabafasha guhashya aba banyarugomo bakomeje kubabuza amahoro.

























