Hari abakecuru batishoboye bo mu karere ka Huye bavuga ko bambuwe na Ozuma Chicken yabaguriraga inkoko mu mushinga bari barakoze wo kwikura mu bukene.
Ni abakecuru batishoboye bibumbiye mu itsinda ryitwa Twungubumwe mu karere ka Huye umurenge wa Tumba akagari ka Cyarwa Umudugudu wa Mukoni bahawe amafaranga asaga Milliyoni 3 na Leta, bakora umushinga w’ubworozi bw’inkoko kugira ngo bikure mu bukene. None baravuga ko umushinga wa Ozima Chiken barangiwe n’ubuyobozi ngo uzajye ubagurira inkoko n’amagi wabambuye none bakomeje kuba ba ntaho nikora.
Umwe yagize ati“MINALOC yaduhaye amafaranga agana na miliyoni eshatu n’ibihumbi magana inani yo kwikura mu bukene nk’abakecuru barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Veterineri w’akarere aduhuza na kompanyi ya Uzima Chicken ngo ijye iduha inkoko ndetse inatugurishirize umusaruro, nyuma birangira inkoko tuzoroye amafaranga avuyemo turayategereza turayabura".
Undi nawe ati“Tworoye inkoko mu mafaranga bari baduhaye, abatugurishirije bakuraho nimero za telefone bari baduhaye. Amafaranga bacuruje twayobewe irengero ryayo. Twanabaza abayobozi baduhuje na bo ntibagire icyo batubwira. Aho bigeze twahuye n’ibihombo bikabije”.
Aba bakecuru baravuga ko kuri ubu bamaze no gucika intege kubera gukora ntibabone inyungu bagasaba ko ubuyobozi bwafasha gukurikirana abo babambuye bakabishyura bakongera kwisuganya bagakora umushinga.
Ati” Twifuza ko abaduhuje na bo badufasha tukabona amafaranga yacu tukabasha kwikura mu bukene.”
Ubuyobozi bwa ozima Chicken mu turere twa Huye na Nyaruguru bwo busobanura ko butabaguriga inkoko ahubwo bazibagurishaga gusa, iby’ababagurishirizaga byo bakavuga ko ntabyo bazi.
Ati“Kubahuza n’abagurishiriza abaturage twabikoraga kera. Ubu icyo dukora ni ukubaha inkoko n’amagi gusa, bo bakishakira abazabagurira. Twe ntabwo twabahuje, ubwo ni abo bishakiye. Bakwifashisha inzego zibishinzwe bagatanga ikirego”.
Naho umuyobozi w’akarere ka Huye Sebutege Ange avuga hari amasezerano abo borozi bagiranye n’abagenti ba Uzima Chicken n’umurenge hakaba hakubiyemo n’uburyo bazishyurwa.
Ati”Abaturage bishyize hamwe muri ririya tsinda mu bworozi bw’inkoko bakoraga ni abagenti ba Ozima Chicken bari basanzwe bakorana ni amafaranga ibihumbi 161 babarimo ngira ngo bose bafitanye amasezerano bakoranye n’umurenge y’igihe bazabishyurira”.
Mu kwezi k’Ugushyingo 2022, Leta y’u Rwanda, yemeje Gahunda y’Igihugu yo gufasha abaturage kwivana mu bukene mu buryo burambye. Iyi gahunda igamije kwimakaza umuco wo kwigira, gutanga ubufasha bwihariye mu mibereho myiza, guteza imbere imibereho myiza binyuze mu murimo, kugera kuri serivisi z’imari ndetse no kugera ku zindi serivisi za ngombwa.






















