Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Musanze: Barinubira isondekwa ry’imihanda mishya ya kaburimbo irimo gukorwa

Tuesday 16 September 2025
    Yasomwe na

Hari abaturage batuye mu karere ka Musanze by’umwihariko abakoresha umuhanda mushya wa kaburimbo Kalisimbi-Rushubi binubira kuba hari ibikorwaremezo bikorwa bitaramara iminsi bikangirika.


Uyu muhanda wangiritse utaramara umwaka.

Ibi babishingira kukuba uyu muhanda warajemo ibinogo, none kuri ubu bakaba bawushyize hasi bagiye kuwubaka bundi bushya.


Imashini zawuhinze barimo kongera kuwukora.

Mu kiganiro na Mamaurwagasabo basabye ko ibikorwa remezo byajya byitabwaho bigakorwa mu buryo burambye cyane ko biba byatwaye amafaranga menshi.


Ukoreshwa cyane n’abamukerarugendo ndetse n’abaturage bajyanye umusaruo ku isoko.

Maniraguha Epimaque yagize ati:”Iyi mihanda ikimara gukorwa hashyize nk’ukwezi yatangiye kuzamo ibinogo iramenagurika kandi twumva bavuga ko kaburimbo zihenda baraza bakayisondeka kubera ko bayikora batayitayeho.”

Undi muturage yagize ati”Baradusondetse iyi kaburimbo itaramara umwaka ikaba yaramenaguritse cyokoze twabonye bazanye imashini zirikongera kuwuhinga ariko biragayitse abatanga amasoko bakwiye kujya bayaha abakozi bashoboye bakora ibintu biramba kuko aya mafaranga yapfuye ubusa.”

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Nsengimana Claudien yavuze ko impamvu ugiye kongera kubakwa hari ibitarakozwe neza bagiye gukosora.


Meya wa Musanze Nsengimana Claudien,

Ati”Byabaye ngombwa ko bongera gukora aho batakoze neza niyo mpamvu barimo kuwusenya’’.

Uyu muhanda Kalisimbi– Rushubi abaturage bawemerewe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ubwo yiyamazaga mu 2017, ukaba ufite ibilometero 18, abaturage bishimira ko kuva watangira gukoreshwa babibonyemo inyungu ku bijyanye n’amafaranga y’urugendo, ndetse n’imitungo yabo ngo yongerewe agaciro uhereye ku butaka bwabo, aho ikibanza cyavuye ku bihumbi 800 kikaba kigeze kuri miliyoni 6.

Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru