Saturday . 18 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

North Korea yagerageje uburyo bushya bwo kurasa misile zambukiranya imigabane – Amerika

Friday 11 March 2022
    Yasomwe na

Leta ya Amerika ivuga ko Korea ya Ruguru iherutse kugerageza uburyo bushya bwo kurasa misile zambukiranya imigabane, mu byo bise "guhembera intambara gukomeye".

Pyongyang yo ivuga ko tariki 26 Gashyantare(2) na 3 Werurwe yagerageje ibikorwa byo guteza imbere ubutasi ku byogajuru. Ariko Washington ivuga ko iryo gerageza ryari ibikorwa bishobora kuba bibanziriza iraswa nyirizina rya misile zigera kure cyane.

Bene izi misile zishobora kugera no muri Amerika kuko hafi zishobora kuraswa ari kuriku ntera irenga 5,500km. Zikoze ku buryo zigenda ziriho intwaro kirimbuzi.

John Kirby, Umuvigizi wa Pentagon yavuze ko kugerageza kubiri kwa Korea ya Ruguru "kwari uburyo bushya bwo kurasa misile zambukiranya imigabane"

Yongeraho ati: "Byari ukureba uko ubu buryo bushya bumeze mbere yo kugerageza nyirizina ibi bisasu mu gihe kiri imbere, bashobora kubikora mu buryo busa no kohereza icyogajuru."

Kirby avuga ko iri gerageza rinyuranyije n’imyanzuro myinshi y’akanama gashinzwe umutekano ku isi kandi rizamura umwuka mubi n’impungenge z’umutekano mu karere.

Korea y’Epfo n’Ubuyapani nabyo byemeje ibivugwa na Amerika kandi byamagana igikorwa cya Pyongyang.

Misile za Korea ya ruguru zitwa Hwasong-12 zishobora kuraswa ku ntera ya 4,500km mu gihe Hwasong-14 zo zishobora kuraswa ku ntera irenga 8,000km.

Amerika, Uburusiya, n’Ubushinwa nibyo bihugu gusa bifite misile zifite ubu bushobozi.
Perezida Kim Jong Un yaburiye ko azahagurutsa "ibyogajuru byinshi" vuba, ibyo Washington na Seoul bibona nko gushaka ahubwo kugerageza tekinoloji ya ziriya misile ziraswa kure.

Umunyamakuru wa BBC i Seoul avuga ko Amerika n’inshuti zayo bongereye ubutasi no kugenzura Korea ya Ruguru kandi hashobora gutangazwa ibihano birushijeho kuri yo.

Iki gihugu gisanzwe kizahajwe n’ibihano mpuzamahanga kubera imigambi yacyo yo gutunganya intwaro kirimbuzi.

Pyongyang kugeza ubu ntiragerageza ibisasu kirimbuzi cyangwa iraswa rya misile kirimbuzi zigera kure kuva mu 2017, nubwo Kim Jong Un yagiye avuga ko ashobora kubikora.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru