Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu (Parti Liberale) ryatangaje ko niritorerwa kujya mu Nteko Ishinga Amategeko, rizaharanira ko ibyiciro by’ubudehe byasubirwamo buri muturage akajya mu cyiciro akwiriye.
Ibi byatangajwe n’abarwanashyaka baryo mu bikorwa byo kwiyamamaza ku bakandida depite byabereye mu karere ka Nyagatare na Gatsibo.
Aganira n’ikinyamakuru mwambanews, umuturage wo mu murenge wa Karangazi, avuga ko azatora ishyaka PL kuko yumva bazabafasha gukosorerwa ibyiciro by’ubudehe barimo basanga bitandukanye cyane n’amikoro yabo.
Agira ati”Nkimara kumva imigabo n’imigambi y’ishya PL, numvishe bazadukosorera ibyiciro by’ubudehe, kuko nkubu banshyize mu cyiciro cya 3 kandi nkwiriye kujya mu cyiciro cya 2 ubwo rero nintora PL byanze bikunze bazabikosora”
Donatille Mukabalisa, Umuyobozi wa PL, avuga ko bazaharanira ko ibyiciro by’ubudehe binozwa, abatishoboye bagafashwa uko bikwiye.
Ati “Ibyo ni ibintu tuzakurikirana kugira ngo binozwe neza kurushaho ndetse n’abagenewe za gahunda zigamije kubavana muri bya byiciro, boye kubigumamo mu buryo bw’inyandiko ahubwo babivemo bazamuke bajye no mu bindi byiciro kugira ngo igihugu cyacu cyoye gukomeza gutanga amafaranga yo gufasha ahubwo kirusheho gushyira imbaraga muri gahunda zibafasha kwifasha.”
Ku rutonde rw’abakandida b’iri shyaka rya PL, harimo 80 irimo gushakira imyanya mu nteko nshingamategeko umutwe w’Abadepite.
Amatora y’abadepite ku banyarwanda baba mu mahanga azaba tariki 2 Nzeli naho ku bari imbere mu gihugu ni tariki 3 Nzeli 2018.



















