Muri gahunda igihugu kihaye yo gukingira abaturage Covid-19 bahereye ku bafite ibyago byo kwandura kurusha abandi, no muri gereza ya Mageragere mu bo batangiriyeho gukingira barimo Paul Rusesabagina uherutse kwihakana Ubunyarwanda.
Urwego rw’igihugu rw’amagereza RCS rwatangaje ko ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima batangiye gukingira covid-19 bahereye kuri gereza ya Mageragere, ari naho Rusesabagina afungiye mu gihe akiri kuburanishwa n’inkiko z’u Rwanda.
Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Amagereza (RCS) CG George RWIGAMBA yavuze ko Ashima kuba ubuyobozi bw’igihugu butaribagiwe n’abagororwa.
Ati “Turashima ubuyobozi bw’igihugu gushyira imbere ubuzima ku Banyarwanda bose muri gahunda yo gukingira hatabayemo kwibagirwa abari muri Gereza.”
Kubera ibyishimo no gutangazwa ko abari muri gereza nabo igihugu kibashyira mu b’ibanze bagomba gukingirwa, hari umwe mu bafunze wahawe urukingo agaragaza amarangamutima ye agira ati "Benshi muri twe tworetse igihugu, dusiga umubare munini w’imfubyi n’abapfakazi mu Rwagasabo. Leta y’u Rwanda ntiyatugize ibicibwa n’ikimenyimenyi turi mu ba mbere bakingiwe COVID19 muri uru Rwanda twahemukiye. Imana ihe Umugisha uru Rwanda."
Twabibutsa konuyu Rusesabagina akurikiranyweho n’inkiko z’u Rwanda ibyaha bitandukanye birimo ik’iterabwoba.


















