Kugeza tariki ya 31 Ukuboza nta minisitiri wa minisiteri n’imwe muri Guverinoma ya GUINEE wemerewe kurenga imbibi z’igihugu cye agiye mu butumwa bw’akazi.
Perezida Mamadi Doumbouya ayoboye inzibacyuho ya Guinée, yatanze iryo bwiriza tariki ya 10 Ukwakira 2024 kugeza tariki ya 31 Ukuboza.
Yasizemo igika kivuga ko uwemerewe kurenga imbibi z’igihugu ari Minisitiri yabihereyabihereye uruhushya gusa.
Impamvu yafashe uwo mwanzuro, nkuko ikinyamakuru JeauneAfrique cyabyanditse kibihawe n’umuvugizi wa guverinoma, Ousmane Gaoual Diallo ngo ni ukugerageza kugabanya ibyo igihugu gisohora hanze.
Perezida Doumbouya yatanze iri tegeko mu gihe abaminisitiri benshi muri iki gihugu bari nzira zo kwerekeza hanze y’igihugu.
Izi ngamba za Doumbouya ngo zitezweho kongera ikibatsi mu gufasha igihugu gucunga umutungo hakorwa ibikenewe mu mutungo w’igihugu.
Perezida Doumbouya yageze ku butegetsi bwa Guinée muri Nzeri 2021 ubwo yari akiri ku ipeti rya Colonel, ubu akaba ari kwitwara neza ngo azanahatanire iyi ntebe y’umukuru w’igihugu mu matora azategura ataha.



















