Perezida Kagame Paul yaherekeje mugenzi we Emmanuel Macron wasoje uruzinduko rwe mu Rwanda amazemo iminsi ibiri, guhera kuri uyu wa kane tariki ya 27 Gicurasi 2021.
Ni uruzinduko rw’amateka Perezida Macro akoreye mu Rwanda nawe ubwe mbere yo guhaguruka yerekeza i Kigali yanditse ku rukuta rwe rwa Twitter ko agiye gufungura Paji Nshya mu mubano w’Ubufaransa n’u Rwanda.
Uyu ni perezida wa kabiri w’iki gihugu ugiriye usuye u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko uheruka ari Perezida Nicoras Salkozy eaje mu 2010.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane abakuru b’ibihugu byombi bagiye kureba umukino wa kimwe cya kane wa BASKETBALL, wahzaga amakipe ane ahatanira kujya muri kimwe cya kabiri, arimo iy’u Rwanda Patriots BBC yatsinze iya Clube Ferroviário de Maputo ya Mozambique.
Ikipe ya Patriots yaraye isezereye Ferroviario yo muri Mozambique bari bahataniye kujya muri kimwe cya kabiri.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu ni bwo Perezida Kagame yaherekeje ku kibuga k’indege Pereizda Macron, mu ruzinduko arimo ku mugabane w’Afurika, aho biteganyijwe ko yerekeje muri Afurika y’Epfo.




















