Mu karere ka Rubavu haherutse kurasirwa inka eshanu imwe igapfa z’umugabo witwa Twagirayezu Jean de Dieu, bikozwe n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR uba muri Repubuliak Iharanira Demokarasi ya Kongo.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 30 Kanama 2021, nibwo uyu muturage utuye Mudugudu wa Bereshi, Akagari ka Hehu, mu Murenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu, yashumbushijwe izindi nka na Perezida Kagame Paul mu rwego rwo kumufata mu mugongo no kumuremamo ikizere.
Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Iburengerazuba, Gen Major Alex Kagame yabwiye abaturage ko FDLR nta mbaraga igifite, usibye kuza kurasa inka n’ubwo nabyo bibabaje kuko inka ari itungo rikomeye mu muco nyarwanda, ikaba ari yo mpamvu yashumbushijwe izindi n’umukuru w’igihugu.
Mu ijoro ryo kuwa Gatanu tariki ya 27 Kanama 2021, nibwo abantu bitwaje intwaro bikekwa ko ari abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukorera ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, binjiye mu Karere ka Rubavu basiga barashe inka eshanu z’umuturage witwa Twagirayezu Jean De Dieu, ababikoze banahata ibikoresho bya gisirikare birimo amasasu na Grenade.


















