Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasabye ibihugu bitandukanye gufasha kurinda inzira y’ingenzi y’amato ya peteroli izwi nka Strait of Hormuz mu gihe amakimbirane akomeje hagati ya Iran, Israel ndetse na USA. Iyi nzira kandi inyuramo hafi 20% by’amavuta n’ingufu bikoreshwa ku isi, bigatuma iba ingenzi cyane mu bucuruzi mpuzamahanga.
Trump yavuze ko Amerika yamaze kuvugana n’ibihugu birindwi hagamijwe gushyiraho ubufatanye bwo kurinda amato no kongera gufungura iyi (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyabihu, mu murenge wa Mukamira, akagari ka Rubaya baravuga ko bamaze imyaka irenga 10 babaruwe ko bazahwa ingurane z’ubutaka bwabo bwatwawe n’igishanga cy’ingezi ya Cyunyu none amaso yaheze mu kirere.
Babitangarije umunyamakuru wa Mamaurwagasabo ubwo yageraga mu murenge wa Mukamira, ndetse bamwe muri bo bavuga iyi ngezi ikomeje kubasatira bagasaba ubuyobozi bw’Akarere ko bwabarenganura.
Nyiramugwera Felecita utuye (…)
Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Mu gihe abanyeshuri barimo gutangira igihembwe cya Gatatu cy’umwaka wa 2021/2022, hari bamwe mu biga amasomo ya tekenike, imyuga n’ubumenyingiro bavuga ko ababyeyi babo barangije kwishyura amafaranga y’ishuri y’iki gihembwe yose bataramenya ko Leta yagabanyijeho 30% ku mafaranga y’ishuri batanga, bakaba bifuza ko basubizwa ayo Leta izabishyurira.
Aya ni amafaranga Leta ivuga ko yiyemeje kwishyurira abiga muri ayo mashuri mu rwego rwo gukuraho imbogamizi (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Nyuma yaho akarere ka Musanze gakomeje gutungwa agatoki mu kugira imibare iri hejuru mu kugira abana bagwingiye bitewe n’imirire mibi, kuri iki cy’umweru tariki ya 17 Mata 2022 Viking Safaris Rwanda n’abandi bafatanyabikorwa barimo SODEI Dufatanye na Masita Brand Company basangiye Pasika n’abana bo mu murenge wa Kimonyi mu rwego rwo gukomeza gukora ubukangurambaga mu guhashya igwingira mu bana.
Bamwe mu babyeyi bazanye abana muri ubu bukangurambaga (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Mu karere ka Musanze umurenge wa Muhoza, akagari ka Kigombe, umudugudu wa Rukereza hari abana babakobwa bari mu kigero cy’imyaka 13 na 14 bavuga ko basenyewe inzu basigiwe na Se wafunzwe nyuma yo kwica nyina ubabyara.
Ubwo umunyamakuru wa Mamaurwagasabo yageraga aho batuye mu mudugudu wa Rukereza aba bana b’abakobwa bavuze ko bakomeje guhura n’akarengane bakaba batakambira Leta ko yagira icyo ibakorera bagasubizwa inzu y’ababyeyi babo.
Umwe muri bo (…)
Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Umuryango "Living Channel Services" ukorera ibikorwa byo kwita ku buzima bw’abana bavukanye ubumuga bukomatanyije, mu Rwanda no muri Canada, wahamagariye indi miryango itandukanye na buri muntu wese kwibuka gusangira n’abana bafite ubumuga batagira kivurira baryamye mu ngo mu bice bitandukanye by’igihugu, aho usanga bitewe n’ubumuga bavukanye, bikiyongeraho n’imiryango ikennye barimo batabasha kubona ubafasha kwishima no kumva ko kuba bafite ubumuga (…)
Leta y’u Rwanda yagabanyije amafaranga y’ishuri atangwa n’abanyeshuri biga mu mashuri ya tekiniki, imyuga n’ubumenyingiro (TVET) ku kigero cya 30%. Ni icyemezo kigomba gutangira gushyirwa mu bikorwa mu gihembwe cya gatatu kigiye gutangira.
Ibaruwa y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (RTB) cyandikiye abayobozi b’uturere bose, igaragaza ko iki cyemezo kigamije gukuraho imbogamizi urubyiruko rwahuraga na zo mu kugana aya mashuri, aho wasangaga ikiguzi cyo (…)
Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza zashyize umukono ku masezerano aho u Rwanda rwemera kwakira abimukira ibihumbi n’ibihumbi bajyaga binjirayo mu buryo butemewe n’amategeko bashakisha imibereho baturutse mu bihugu bitandukanye byo ku Isi byiganjemo ahari imvururu n’intambara.
Guverinoma y’u Bwongereza yari imaranye igihe ikibazo cy’abimukira bamaze kuyibana benshi bimukirayo buri mwaka kugeza ubwo yari itagishoboye kubakira uko bikwiye.
Minisitiri w’Intebe w’uBwongereza, Boris (…)
Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr. Murangira B. Thierry yavuze ko muri iki cyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 habonetse dosiye 53 z’abantu 68 bakurikiranyweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibifitanye isano nayo, bamwe bari gukurikiranwa bafunze abandi badafunze ndetse hari n’abataraboneka bagishakishwa.
Yabitangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane mu kiganiro yagiranye na Radio 10, agaruka ku buryo (…)
Perezida Paul Kagame yaraye ageze i Kingston mu Murwa mukuru wa Jamaica mu ruzinduko rw’iminsi itatu.
Yakiriwe n’Umuyobozi wa Jamaica witwa Sir Patrick Allen hamwe na Minisitiri w’Intebe wa kiriya gihugu witwa Andrew Holnes.
Biteganyijwe ko Perezida Kagame ari buze kugeza ikiganiro ku bagize Inteko nshingamatageko y’iki gihugu.
Perezida Kagame Akigera muri Jamaica yahise ajya kunamira intwari ya kiriya gihugu yitwa "Marcus Mosiah Garvey" uri mu barwanyije ivangura rishingiye ku ruhu (…)
Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Minisitiri w’ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascene yavuze ko harimo gutegurwa kuvugurura urutonde rw’abanyapolitiki bashyinguye ku Rwibutso rwa Rebero ruherereye mu Mujyi wa Kigali, kugira ngo hongerwemo n’abandi banyapolitiki bazwi nubwo batarabonerwa imibiri yabo ngo ishyingurwe mu cyubahiro bakwiye nk’abantu bazize ibitekerezo bya Politiki byamagana ivangura n’ingengabitekerezo babonaga byaganishaga kuri Jenoside (…)
Mu irushanwa ryo kwibuka padiri Kayumba ikipe ya UTB niyo yegukanye byinshi
11 February 2019, by MUTESI Scovia
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.





















