Ku wa Gatanu, ku tariki ya 8 Gicurasi 2026, mu murenge wa Gisenyi, mu Karere Karere ka Rubavu, habereye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Iki gikorwa cyateguwe n’Itorero Angilikani mu Rwanda Diyoseze ya Kivu (EAR), mu rwego rwo kwibuka Abakiristo ba Diyoseze ya Kivu n’abandi bose bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Niyigena Drocelle agaragaza amakuba yanyuzemo mu gihe cya Genoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho icyo gihe we n’umuryango we (…)
Nyuma yo kugura uruganda rw’ibibiriti ruherereye ku Karubanda mu Karere ka Huye, umushoramari Osman Rafik yiteguye guha akazi abantu bagera kuri 300.
Byatangajwe na Cléophas Barajiginywa, Umunyarwanda bakorana ubwo bashyikirizwaga inyandiko zibegurira urwo ruganda bahawe n’ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) kuri uyu wa Kane tariki 8 Ugushyingo 2018.
Kwakira urwo ruganda byanajyanye no gutangira kurukoramo amasuku no kwandika abahoze barukoramo, kuko ari bo uruganda rwiyemeje kuzaheraho (…)
Diane Rwigara n’umubyeyi we Adeline Mukangemanyi bombi ubwo bitabaga urukiko bakaba baburanye bahakana ibyo baregwa.
Kuri Mukangemanyi, Umunyamategeko we Me Gatera Gashabana yavuze ko amajwi y’ibiganiro bagiranye n’abavandimwe yafashwe binyuranyije n’amategeko agena ubutavogerwa bw’umuntu.
Yavuze ko Ubushinjacyaha butagaragaza rubanda rwabibwemo amacakubiri mu gihe ibiganiro byagiye biba hagati y’abantu babiri babiri. Yashimangiye ko ibikubiye mu majwi nta guteza amacakubiri byari (…)
Saa mbiri bari bageze ku rukiko rukuru ku Kimihurura, icyumba cy’Urukiko cyarimo abantu benshi, abo mu muryango wabo n’inshuti zabo n’itangazamakuru. Nyuma yo kurekurwa by’agateganyo mu kwezi gushize, ubu ni ubwa mbere bagejejwe imbere y’Urukiko.
Umushinjacyaha yatangiye abibutsa ibyaha baregwa birimo; guteza imvururu muri rubanda, gukurura amacakubiri, no gukwirakwiza bihuha byangsha abaturage ubutegetsi buriho.
Adeline Mukangemanyi niwe watangiye yiregura, umwunganizi we Me Gatera (…)
Abanyeshuri 8 b’Abanyarwanda biga ikorana buhanga bari mu rugendo shuri mu bushinwa bishimiye amahirwe bahawe yo kwiga umuco w’Abashinwa n’ururimi rwabo b’anashishikariza abandi Banyarwanda kumenya uru rurimi kuko ari ingenzi.
Abanyeshuri 8 batoranyijwe mu banyeshuri 52 bo muri kaminuza zitandukanye zo mu Rwanda biga ibijyanye n’ikoranabuhanga bahagurutse mu Rwanda kuwa 18 Ukwakira bagiye gukarishya ubumenyi bwabo mu ikoranabuhanga mu Bushinwa bajyanywe n’ikigo k’ikoranabuhanga HUAWEI muri (…)
Bamwe mu banyamakuru bari mu karere ka Rubavu barimo guhugurwa ku gukora inkuru ku ndwara z’ibyorezo, kwirinda inkuru z’ibihuha kuko byateza akaga ku baturage kurusha icyorezo cyariho.
Ubusanzwe abanyamakuru bakora inkuru z’ubuzima, bimwe mu byo batangaza harimo kuvuga ubwoko bw’indwara zitandukanye ,bakerekana uko zakwirindwa binyuze mu nshingano z’itangazamakuru zirimo kumenyesha abaturage.
Muri iki gihe harimo kumvikana ibyorezo mu bihugu bitandukanye by’indwara ya EBOLA u Rwanda (…)
Bimaze kuba umuco ko icyumweru cya mbere n’icya gatatu cy’ukwezi, ibihumbi by’abatuye Kigali no mu nkengero zayo bahurira muri siporo rusange bagakora imyitozo ngororangingo.
Ni igikorwa cyimakajwe mu b’ibyiciro byose kuva ku bana bato, urubyiruko, ababyeyi kugeza ku bayobozi bakuru b’igihugu.
Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, ku wa 4 Ugushyingo, Madamu Jeannette Kagame yongeye kwifatanya n’abaturage muri ‘Car Free Day’, bakorana siporo. Yaherukaga kuyitabira ku wa 15 Nyakanga 2018, ari (…)
Igifaransa ni rwo rurimi rukumbi rukoreshwa mu Nama y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango w’Ibigikoresha (OIF) n’izindi gahunda zawo.
Inama ya 17 ya OIF yabereye i Erevan muri Arménie ku wa 11-12 Ukwakira 2018, nta mwihariko yagize ku bijyanye n’indimi zikoreshwa! Ni yo Mushikiwabo Louise wayoboye Ububanyi n’Amahanga bw’u Rwanda kuva mu 2009 yatorewemo kuba Umunyamabanga wa OIF ahigitse Umunya-Canada, Michaëlle Jean.
Perezida Kagame ni we wamwamamaje, avuga ibigwi bye ndetse anashimira (…)
Yanditswe na: Olive MUKAHIRWA
Ikibazo cy’aho ubwenge umwana agira buturuka cyakomeje kwibazwaho n’abatari bake muri iyi si, bisunikira abashakashatsi kubikoraho ubucukumbuzi.
Hari ubushakashatsi butandukanye bwagiye bwemeza ko ubwenge bw’umwana buturuka ku babyeyi be, ariko ubushakashatsi busobanutse bwemeje ko ubwo bwenge umwana abukura by’umwihariko kuri nyina kubera uturemangingo tw’isano iba iri hagati y’umwana na nyina. Iyo sano ikaba ibitse amakuru yose mu bushobozi bw’ubwonko bwa (…)
Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ko ejo hazaza ha Afurika hazashingira ku ngamba zikomeye zigamije guhashya ruswa mu nzego zose.
Yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 31 Ukwakira 2018, ubwo yatangizaga Inama y’iminsi ibiri yateguwe n’Inteko Ishinga Amategeko Nyafurika ku Burenganzira bw’Abagore igamije guhashya ruswa.
Madamu Jeannette Kagame yavuze ko kurwanya ruswa muri Afurika bikwiye kuba ibya buri wese by’umwihariko abagore kuko ari bo bazahazwa cyane n’ingaruka zayo.
Yavuze ko (…)
Abize amasomo ajyanye n’inderabarezi nibo benshi mu banyeshuri basaga 7000 bahawe impamyabumenyi zisoza ibyiciro bitandukanye muri Kaminuza y’u Rwanda.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 2 Ugushyingo, Kaminuza y’u Rwanda yashyize ku isoko ry’umurimo abakozi 7050.
Ni birori byabereye kuri Stade ya Huye mu Karere ka Huye, mu rwego rwo kwizihiza imyaka 55 Kaminuza ya mbere ibayeho mu Rwanda.
Mu banyeshuri barangije, abo mu cyiciro cya gatatu cya Kaminuza ni 509, naho umwe ni we uhabwa (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.























