Urwego rushinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri DR Congo uyu munsi ruratangiza umutwe witwara gisirikare wo kurinda ibirombe, kubahiriza amategeko abigenga, no gukurikirana neza amabuye y’agaciro abivamo.
Rafael Kabengele ukuriye ikigo gishinzwe ‘mine’ yavuze ko uwo mutwe ari igitekerezo cya Perezida Félix Tshisekedi mu ntego ze zo kuvugurura uru rwego no kurwanya imicungire mibi y’amabuye y’agaciro. Ikiciro cya mbere cy’uwo mutwe usa n’uwa gisirikare kizaba kigizwe n’abantu hagati (…)
Eman El-Deeb yemeye guhunga igihugu cye cy’amavuko cya Misiri mu rwego rwo kurengera umusatsi yabonaga n’atava muri iki gihugu bazakomeza kumurwanya bakaba banawumukuraho cyangwa bakamugira igicibwa.
Umukobwa w’imyaka 26 y’amavuko gusa, Eman El-Deeb yahunze igihugu cye muri 2016 nyuma yo kuba yarifuzaga kugira imisatsi nk’iy’Abanyaburayi kandi mu Misiri baka barabifataga nk’icyaha.
Nyuma yo kuva mu Misiri akajya gutura muri Espagne, yishimiye cyane uko abayeho kuko abona ibyo akora byose (…)
Impuzamiryango Pro-Femme Twese Hamwe yamaganye ubwicanyi bwakorewe umubyeyi witwa Muhaweniman Beatrice wo mu ntara y’Iburasirazuba wishwe n’ umugabo we akamucagaguramo ibice akajya kumujugunya mu rufunzo nyuma y’iminsi ibiri abitse umurambo we mu nzu.
Ibinyujije mu itanagazo yashyize ahagaragara kuri uyu wa 30 Mata 2018 Pro- Femme Twese Hamwe yasabye abanyarwanda kwirinda amakimbirane mu ngo ariyo kenshi aba intandaro y’ubwicanyi, inasaba abaturanyi b’imiryango ibanye nabi kujya batanga (…)
Uwahoze ari Perezida wa Liberia, Ellen Johnson Sirleaf, agiye kwifashisha miliyoni eshanu z’amadolari yegukanye mu gihembo cya Mo Ibrahim, mu gushyiraho ikigo kigamije guteza imbere abagore.
Mu cyumweru gishize nibwo Sirleaf yakoze amateka yo kuba umugore wa mbere ushyikirijwe igihembo gitangwa n’umuherwe w’Umunya- Sudani Mo Ibrahim, kikagenerwa umuyobozi ujya ku butegetsi atowe n’abaturage akavaho ku bushake, mu rwego rwo gukangurira abayobozi kuva ku butegetsi neza.
Sirleaf w’imyaka (…)
Nkuko dusanzwe tubagezaho inkuru zitandukanye, uyu munsi twabahitiyemo kubereka urutonde rw’abagore 10 [ Abafasha] b’abaperezida beza kandi bafite uburanga buhebuje muri Afurika.
1. Princess Salma Bennani
Princess Lalla Salma niwe mugore uza ku mwanya wa mbere mu bafasha b’abaperezida beza kurusha abandi kubera inseko ye n’indoro nziza cyane,kwambara akaberwa kurusha abandi ndetse n’umutima mwiza agirira abantu bose no kwicisha bugufi kuri rubanda.akaba yarabanye na King Mohammed VI, mu (…)
Ku wa Gatanu, tariki ya 27 Mata 2018, Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.
1. Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 11 Mata 2018.
2. Inama y’Abaminisitiri yemeje ubutaka bwegurirwa Minisiteri y’Ingabo.
3. Inama y’Abaminisitiri yemeje Imbanzirizamushinga y’Ingengo y’Imari y’igihe giciriritse (Budget Framework Paper) hamwe n’imibare y’ikigereranyo cy’Ingengo y’Imari ya (…)
Abagize umuryango sevota (Solidarité pour l’Épanouissement des Veuves et des Orphelins visant le Travail et l’Autopromotion L’Association)”, W’abagore bafashwe kungufu n’abana bavutse muruko gufatwa , ndetse n’Abagabo babashatse nyuma yo gusambankwa, bo mu murenge wa Gatore, mu karere ka Kirehe, basuye igicumbi cy’Intwari z’u Rwanda ndetse n’urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi.
Bamwe mu bagize uyu muryango wa SEVOTA/ABATANGAMAHORO bavuga ko bumvaga amateka y’Intwari z’U Rwanda ariko (…)
Umuyobozi w’Ishyaka UDPS ritavuga rumwe na Leta ya Repubulika Iharania Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yatangaje ko nta biganiro ashobora kugirana na Perezida Joseph Kabila ku birebana no kuba Minisitiri w’Intebe.
Mu nama rusange n’abarwanashyaka yabaye kuri uyu wa Kabiri mu Mujyi wa Kinshasa, Tshisekedi yanyomoje ibihuha byavugaga ko ashaka kugirwa Minisitiri w’Intebe.
Yagize ati “Nta biganiro bihari ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe. Ishyaka ryantoreye kuba umukandida ku mwanya (…)
Perezida Paul Kagame w’u Rwanda uri mu ruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yahuye n’umuyobozi w’Umujyi wa Chicago, Emmanuel Rahm baganira ku ngingo nyinshi harimo n’iyo kurengera ibidukikije.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yitabiriye ibiganiro mbarankuru bivuga ku Rwanda mu mujyi wa Chicago.
Abinyujije ku rukuta rwa Twitter, Emmanuel Rahm yavuze ko yishimiye guhura na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame kandi ko ibyo baganiriye birimo no guteza imbere ibidukikije ari (…)
Urwego Ngenzuramikorere, RURA, rwafashe umwanzuro wo kwambura Radio Amazing Grace icyangombwa cyo gukora nk’ikigo cy’isakazamakuru mu Rwanda.
Uyu mwanzuro wafashwe kuri uyu wa 24 Mata 2018 nyuma y’aho iyi radio inaniwe kubahiriza umwanzuro wa RURA wakurikiraga ibihano yafatiwe muri Mutarama 2018 kubera ikiganiro cyanyujijweho cyanenzwe kutubahiriza amahame agenga umwuga w’itangazamakuru.
Itangazo RURA yasohoye kuri uyu wa 24 Mata 2018 rigira riti “Urwego Ngenzuramikorere, RURA, uyu munsi (…)
Urwego rushinzwe iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye mu Rwanda (GMO) rutangaza ko hakiri icyuho hagati y’abagabo n’abagore mu myanya imwe n’imwe y’ubuyobozi, aho usanga ifatwa nk’aho hari iyahariwe abagore cyangwa abagabo, rugasaba abantu cyane cyane abagore kwitinyuka bakagaragara mu myanya yose, kuko bigira uruhare mu iterambere ryabo n’iry’igihugu.
Byagarutseho uyu munsi mu nama nyunguranabitekerezo GMO na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), bagiranye n’abahagarariye (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.






















