Nkuko abyemererwa n’Itegeko Nshinga, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame, yazamuye mu Ntera Colonel Muhizi Pascal amuha ipeti rya Brigadier General mu Ngabo z’u Rwanda.
Brigadier General Muhizi Pascal yari asanzwe ari Umuyobozi w’Ingabo mu turere twa Rubavu, Nyabihu na Rutsiro. Mu bihe bitandukanye yakunze kugaragara mu biganiro bigamije kubungabunga amahoro n’umutekano muri utwo turere, aho yaganirizaga abaturage kenshi.
Ipeti yahawe ni irya kane ryo hejuru mu gisirikare cy’u Rwanda, inyuma ya General, Lieutenant General na General Major. Ni ribanza mu cyiciro cy’amapeti y’aba Ofisiye bo mu rwego rwa General.
Iro Peti rirangwa n’ikirangantego, inyenyeri imwe ndetse n’ishusho y’intwaro.

















