Saturday . 21 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Perezida Kagame yerekanye ibikwiye kwitabwaho mu kwihaza mu biribwa muri Afurika

Monday 26 July 2021
    Yasomwe na

Mutungirehe Samuel

Perezida Paul Kagame yatangaje ko ubuhinzi n’ubucuruzi bubishigiyeho ari byo bizagena uko hazagerwaho intego z’iterambere rirambye, agaragaza ibikwiye kwitabwaho ngo umugabane w’Afurika ugere ku kwihaza mu biribwa.

Yabitangaje kuri uyu wa Mbere mu nama yateguwe n’Ishami ry’umuryango w’Abibumbye ibanziriza iziga ku kuboneka kw’ibiribwa, #UNFSS2021< izaba mu kwezi kwa Nzeri uyu mwaka.

Ni inama yakiriwe na Minisitiri w’Intebe w’Ubutaliyani, Mario Draghi.

Perezida Kagame yavuze ko asanga buri buri gihugu kuriuwo mu gabane na buri karere bikwiye guhitamo inzira yageza ku mpinduka ariko agasanga nabyo ari indi mbogamizi ku rwego rw’isi ikwiye gukemurirwa hamwe.

Yagize ati “Muri Afurika 70% by’abari mu myaka yo gukora babona akazi mu bikorwa by’ubuhinzi, nyamara ku migabane yacu isoko ry’ibiribwa ntirihora ryizewe kandi ibijyanye no gutunganyiriza ibiribwa mu nganda no mu kongera umusaruro mu bikomoka ku buhinzi ntabihari.Ikoranabuhanga rigezweho nk’irijyanye no gutunganya ibyifashishwa mu buhinzi rigomba kugira uruhare rukomeye mu mu bihunzi muri Afurika ariko nyamara abahinzi benshi ntibagira uburyo bwizewe gutuma barikoresha.”

Perezida Kagame yakomeje avuga ko hakiri ikindi kibazo cy’uko serivisi z’imari zirimo nk’iz’ubwishingizi zihabwa abahinzi nazo zitaranozwa neza agasanga hari igikwiye gukorwa.

Ati “Ikiva muri ibi rero ni uko abatunganya ibiribwa muri Afurika batinjiza amafaranga ajyanye n’ibyo baba bashoyemo ku rugero bifuza bagomba ghangana ku rwego ruri hejuru n’ingaruka zo ku rwego rw’ubukungu baba barimo baba batizeye ibyo bazabonamo, ikintu kigaragaza ko hakenewe koko impinduka.”

Umukuru w’Igihugu yerekanye kandi ko mu kerekezo Afurika yihaye mu 2063 hateganyijwemo ko umugabane ugomba kugira ububiko bw’ibiribwa, kwagura gahunda yo kugaburira abana ku mashuri, guteza imbere amasoko y’ibiribwa no kunoza inzira bicamo no kubiyagezaho, gushyigikira inganda zikomoka ku bihingwa kandi zitangiza ubuzima, kwita ku bucuruzi bw’ibiribwa imbere muri Afurika, guteza imbere ubushakashatsi mu buhinzi bikagenerwa nibura 10% by’ingengo y’imari muri buri gihugu, hakaba no gushyigikira amakoperative y’abahinzi b’abagore no gushyiraho uburyo buburira hakiri kare ibijyanye n’imihindagurikire y’ikirere.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru