Perezida Kagame witabiriye Inama y’Ishoramari ihuza ibihugu 20 bikize ku Isi n’ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika, iri kubera i Berlin mu Budage.
Muri iyo nama Perezida Kagame yahahuriye na mugenzi we wa Sénégal, Macky Sall.
Abakuru b’ibihugu byombi bahuye kuri uyu wa 26 Kanama 2021, aho bitabiriye iyi nama izwi nka G20 Compact with Africa (CwA), yahurije hamwe abayobozi b’ibihugu bya Afurika, ibigize G20, abashoramari, abacuruzi n’abandi bafatanyabikorwa.
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, byatangaje ko Perezida Kagame na mugenzi we Macky Sall bahuye gusa ntihatangajwe ibyo baganiriyeho.
U Rwanda na Sénégal bisanzwe bifitanye umubano mwiza ushingiye ku mikoranire inyuranye irimo ibijyanye n’uburezi bw’amashuri makuru na Kaminuza.

















